Perezida wa Repubulika Paul Kagame yabwiye abitabiriye Inama Mpuzamahanga ku Buzima “Global Health Summit” ko ibiganiro ku gukorera mu Rwanda inkingo za COVID19 bigeze kure. Iyi nama yahuje abayobozi bo ku rwego ruhanitse harimo abakuru b’ibihugu na za Guverinoma ndetse n’abayobozi bakuru b’imiryango mpuzamahanga yita ku buzima. Kagame yavuze ko impinduka zazanywe n’icyorezo cya Covid-19 zatanze andi mahirwe yo gutekereza ku mikorere mishya. Ati “Izi mpinduka kandi zazanye amahirwe yo gukora ibintu mu buryo butandukanye kandi neza. Icya mbere tugomba kunoza vuba uburyo n’ibikoresho bikenewe kugira ngo dutsinde iki cyorezo ndetse n’ibindi bizaza.” Ku kuba hagomba gushakwa ibisubizo ku kibazo cy’ibura ry’inkingo ahanini zikubiwe n’ibihugu byifite, Kagame ati “Mu rwego rwo guteza imbere no kongera ahakorerwa inkingo ku mugabane wacu wa Afurika u Rwanda ruri mu biganiro bigeze kure n’ibigo mpuzamahanga byigenga ndetse n’imiryango mpuzamahanga kugira ngo tubashe kubaka ubushobozi mu gukora inkingo za mRNA za Covid19. Ndashimira ibigo byo mu muryango w’Ubumwe bw’u Burayi ku bushake no kwiyemeza tubona mu gufatanya n’u Rwanda ndetse na Afurika.” Abitabiriye iyi nama bose bemeje ko ibihugu byose bigomba kugira ubufatanye bwa hafi bwo guhashya icyorezo cya Covid19 kuko kugira ubushobozi bwo kwishyura bitavuze ubudahangarwa ku cyorezo cya Covid 19. Yibanze ahanini ku ruharwe rw’ibihugu mu guhangana n’icyirezo cya Covid-19 ndetse n’ibindi byorezo bishobora kwaduka mu minsi irimbere. Mu ngingo zasuzumiwe muri iyi nama harimo ijyanye no gukimira no guhangana n’icyorezo cya covid.19. Ni inama yayobowe na Minisitiri w’intebe w’u Butaliyani Mario Draghi afatanyije na Perezida wa Komisiyo y’Umuryango w’ubumwe bw’u Burayi. Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV



2 Responses
Ibiganiro ku gukorera inkingo za COVID-19 mu Rwanda bigeze kure-Perezida Kagame
Président w’igihugu c’urwanda gose n’intwari Imana imukomeze, Rwanda n,Africa bizohungukira vyinshi yasubiriye nyakwigendera Khadafi ,ibitekerezo afite Rwanda n’a Africa nivyiza cane
Ibiganiro ku gukorera inkingo za COVID-19 mu Rwanda bigeze kure-Perezida Kagame
Président w’igihugu c’urwanda gose n’intwari Imana imukomeze, Rwanda n,Africa bizohungukira vyinshi yasubiriye nyakwigendera Khadafi ,ibitekerezo afite Rwanda n’a Africa nivyiza cane