Ibigo nderabuzima biratangira gupima COVID-19 vuba

Sangiza iyi nkuru

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziravuga ko bitarenze icyumweru gitaha ibigo nderabuzima hafi ya byose bizaba byahawe ubushobozi bwo gupima COVID-19.

Zivuga ko hashize ibyumweru 2 zitangiye kugeza muri za farumasi z’uturere ibikoresho bizifashishwa muri icyo gikorwa.

Umuyobozi w’ishami rishinzwe serivisi z’ubuvuzi muri Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), Dr. Corneille Ntihabose yabwiye RBA ko hari ibigo nderabuzima byatangiye gutanga iyi serivisi.

Muganga Ntihabose avuga ko ” icyumweru gitaha gishobora kurangira byose byo hirya no hino mu gihugu bifite ubushobozi bwo gupima #COVID19 ababigana.”

Ubusanzwe gupima COVID-19 byakorerwaga muri laboratwari nkuru y’igihugu, ibitaro bikuru n’amavuriro yigenga yatoranyijwe. Kuba ibigo nderabuzima byiyongereyeho byitezwe ko bizafasha mu kumenya uwabndu bushya hafi mu gihugu hose.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *