Guhera kuri uyu wa 6 Gicurasi 2021 intara ya Kivu y’Amajyaruguru na Ituri muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) zatangiye kuyoborwa n’abasirikare bakuru mu bihe bidasanzwe bizamara iminsi 30 nk’uko Umukuru w’Igihugu akaba n’Umugaba w’Ikirenga, Perezida Félix Tshisekedi yabyemeje.
Ubu Kivu y’Amajyaruguru iyobowe na Lieutenant General Ndima Kongba Constant, Ituri ikaba iyobowe na Lieutenant General Luboya N’Kashama Johnny.
Aba basirikare bafite ibigwi bikomeye mu gisirikare cya RDC kizwi nka FARDC, bigaragazwa n’imirimo itandukanye bagiye bagikorera mu bihe bitandukanye.
Bafite ibihe bigwi?
Gen. Ndima
Minisiteri ishinzwe itumanaho n’itangazamakuru muri RDC ivuga ko Gen. Ndima afite imyaka 58 y’amavuko, akaba yaravukiye mu ntara ya Nord-Ubangi, imwe mu zigize RDC.

Muri FARDC yabaye:
- Umuyobozi Mukuru wungirije wa FARDC ushinzwe imiyoborere n’ibikoresho.
- Komanda wa zone ya gisirikare ya gatatu
- Komanda wa zone ya gisirikare ya kabiri
- Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka
- Komanda w’akarere ka gisirikare
- Komanda wa segiteri ya gisirikare
- Komanda wa Burigade
- Komanda wa Burigade s3
- Komanda wa Batayo
- Komanda wa Kompanyi
- Komanda wa Peloto
- Komanda wa Segisiyo
Gen. N’Kashama
Gen. N’Kashama w’imyaka 55 y’amavuko, yavukiye mu Ntara ya Lomani, akaba afite umugore n’abana bane.

Muri FARDC, yabaye:
- Komanda wa zone ya gisirikare ya mbere
- Komanda w’Akarere ka gisirikare ka 13 (ahahoze ari Equateur)
- Umuhuzabikorwa wungirije w’urwego rwa SMI (Structure Militaire d’Intégration)
- Umugaba w’Ingabo zirwanira mu mazi
- Komanda w’akarere ka gisirikare ka 6 muri Katanga
- Umuyobozi mu rwego rwa gisirikare rushinzwe iperereza
Muri ibi bihe bidasanzwe, ubu buyobozi bwa gisirikare bugiye kuyobora ibikorwa byo kugarura amahoro n’umutekano byahungabanyijwe n’imitwe yitwaje intwaro imaze igihe ikorera muri Kivu y’Amajyaruguru na Ituri.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV



2 Responses
Ibigwi bya Gen. Ndima na N’Kashama bayoboye Kivu y’Amajyaruguru na Ituri mu bihe bidasanzwe
Inkuru ni nziza ariko mukosore inkuru muvuga neza intara bayobora . Mwazicurikiranyije
Ibigwi bya Gen. Ndima na N’Kashama bayoboye Kivu y’Amajyaruguru na Ituri mu bihe bidasanzwe
Inkuru ni nziza ariko mukosore inkuru muvuga neza intara bayobora . Mwazicurikiranyije