Ibihugu 5 byihariye 50% by’umutungo bwite muri Afurika, mu Rwanda uziyongeraho 60% mu myaka 10

Sangiza iyi nkuru

Raporo yasohotse kuri uyu wa Kabiri ivuga ko Afurika y’Epfo, Misiri, Nigeria, Maroc na Kenya byihariye umutungo urenga 50% by’umutungo bwite w’umugabane wa Afurika. Mu bihugu nk’u Rwanda, Uganda n’Ibirwa bya Maurice umutungo bwite uziyongera kurenza urugero rwa 60% mu myaka 10.

Kugeza ubu umutungo w’abikorera ku mugabane wa Afurika ugera kuri tiriyari ebyiri na miliyari ijana z’Amadolari (Miliyari 2,100$) kandi biteganijwe ko uziyongeraho 38% mu myaka icumi iri imbere, nk’uko byatangajwe muri raporo ya Afurika Wealth Report 2022, yashyizwe ahagaragara na Henley & Partners kuri uyu wa Kabiri ku bufatanye na New World Wealth, amasosiyete abiri yo muri Afrika y’Epfo.

Raporo igaragaza ko Ibihugu 5 bya Afurika bikomeye mu gucunga umutungo bwite ari Afurika y’Epfo, Misiri, Nigeria, Maroc na Kenya, bifite 50% by’umutungo wose bwite w’umugabane. Muri iki gihe Afurika ifite “abantu bakize cyane” 136,000 bafite umutungo bwite urenga miliyoni imwe y’amadolari, abantu 305 bafite miliyoni zirenga 100 z’amadolari na 21 batunze miliyari z’amadolari ya Amerika.

Afurika y’Epfo ituwe byibuze n’abantu benshi bakize cyane kurusha ibindi bihugu bya Afurika, mu gihe Misiri ifite abaherwe benshi batunze amamiliyari.

Umuyobozi ushinzwe ubushakashatsi muri New World Wealth, Andrew Amoils, yagize ati: “Afurika niho hari amasoko akura byihuse cyane ku Isi, harimo u Rwanda, Uganda na Maurice. Muri ibi bihugu bitatu, biteganijwe ko umutungo bwite uziyongera kurenza 60 % mu myaka icumi iri imbere, bitewe n’imikorere ikomeye mu nzego z’ikoranabuhanga na serivisi za kinyamwuga. ”

Dominic Volek, umuyobozi w’abakiriya bigenga muri Henley & Partners, yongeyeho ko kuri uyu mugabane hari ibigo by’ubukungu byubatse neza, nko muri Afurika y’Epfo, Misiri na Maroc. Ati: “Kandi Kenya, Maroc, Mozambique na Zambia na byo biteganijwe ko bizagira iterambere rikomeye, hejuru ya 50%, mu mutungo bwite mu myaka icumi iri imbere.”

Ku bijyanye n’imijyi yo muri Afurika, ibiri ikize cyane iri muri Afurika y’Epfo, Johannesburg ikaba ari yo ikize cyane, hamwe n’umutungo bwite wa miliyari 239 z’amadolari, Cape Town iza ku mwanya wa kabiri na miliyari 131. Cairo ikurikiranira na miliyari 128 z’amadolari naho Lagos ikaza ku mwanya wa 4 na miliyari 97 z’amadolari.

Nubwo yahuye n’ingorane mu myaka icumi ishize, Afurika y’Epfo iracyafite umwanya wa 28 ku Isi ukurikije umutungo bwite w’abikorera, imbere y’ubukungu bukomeye nka Argentine, Malaysia, Thailande na Turkia. Na miliyari 2 z’amadolari ku mwaka, ni naryo soko rinini cyane muri Afurika.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *