Umuryango mpuzamahanga wita ku buzima, WHO, ku bufatanye n’umuryango w’ubumwe bw’Uburayi (EU) n’uwa Afurika yunze ubumwe (AU) byemeje ibihugu bya mbere byo ku mugabane wa Afurika bizahabwa ikoranabuhanga rya mRNA rizabifasha kwikorera inkingo z’icyorezo cya Covid-19.
Ibihugu byatoranyijwe ni: Misiri, Kenya, Nigeria, Senegal, Afurika y’Epfo na Tunisia.
Iki cyemezo cyafatiwe mu nama irimo guhuriz abahagarariye ibihugu bigize EU na AU i Bruxelles mu Bubiligi, gihagarariwe n’Umunyamabanga Mukuru wa WHO, Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus, Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, Perezida Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo na Charles Michel w’inama ya EU na Ursula von der Leyen wa Komisiyo ya EU.
Dr Tedros yagize ati: “Uyu munsi nishimiye gutangaza ibihugu bya Afurika bizahabwa ikorahabuhanga rizaturuka mu ruganda kugira ngo byikorere inkingo za mRNA: Misiri, Kenya, Nigeria, Senegal, Afurika y’Epfo na Tunisia. WHO izakorana n’ibigo na Leta muri buri gihugu mu kunoza gahunda yo guhugura no gukora inkingo, hashingiwe ku bikenewe n’ubushobozi.”



