Abakuru b’ibihugu bya Afurika bifite ingabo muri AMISOM bateraniye mu nama mu gihugu cya Djibuti, aho bari kwigira hamwe uko ingabo zabo ziri mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Somalia zakongererwa ingufu zikarushaho kurwanya umutwe w’iterabwoba wa Al-Shabab .
AMISOM yashinzwe kuwa 19 Mutarama mu 2007, ishinzwe n’Akanama k’Amahoro n’Umutekano ka Afurika Yunze Ubumwe. Ni ubutumwa bwo kubungabunga amahoro bwa Afurika Yunze Ubumwe bwemewe kandi n’Umuryango w’Abibumbye.
Ibihugu byohereje ingabo zabyo muri ubu butumwa ku isonga haza Kenya, Djibuti, Uganda, u Burundi na Ethipia.
Ubwicanyi buheruka bwaranze ubu butumwa harimo igitero giheruka kugabwa kuwa 15 Mutarama ahitwa El Adde ku birindiro by’ingabo za Kenya, hagapfa abasirikare hataremezwa umubare wabo neza, ariko al Shabab ivuga ko ari 100 ndetse yashimuse n’abandi ,mu gihe perezida wa Somalia aherutse gutangaza ko ari hagati ya 180 na 200, naho Kenya na n’ubu ikaba itaratangaza umubare w’ingabo zayo zaguye muri iki gitero.
Umuvugizi w’igisirikare cya Kenya, Col David Obonyo yahakanye iyi mibare yatanzwe na perezida wa Somalia, atangariza ikinyamakuru The Star ku murongo wa telephone ko nta kinyamakuru yigeze atangariza umubare w’abauguye muri iki gitero mu ngabo zabo.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com



