1women-engineers

Ibihugu biteye imbere mu ikoranabuhanga muri Afurika

Sangiza iyi nkuru

Muri Afurika, Maroc, Afurika y’Epfo, Nigeria n’u Rwanda ni ibihugu bimaze kuragaragara ko ari ibihugu byateye imbere mu ikoranabuhanga, aho Maroc na Afurika y’Epfo biza ku isonga mu guhanga udushya no guteza imbere ikoranabuhanga ariko hari n’ibindi biri gutera ikirenge mu cyabyo. 

Ibihugu biteye imbere mu ikoranabuhanga muri Afurika:

Maroc:

Ubwami bwa Maroc kugeza ubu nibwo bigaragara ko bukataje mu ikoranabuhanga ku mugabane mu hamwe n’igipimo kiri hejuru cy’uburyo telephone ngendanwa zamaze kugera mu gihugu hose no kuba interineti igera hafi 100% mu gihugu cyose.

Afurika y’Epfo:

Afurika y’Epfo ni ihuriro rikomeye mu guhanga udushya no mu bucuruzi, hamwe n’imijyi nka Johannesburg na Cape Town yibanze ku guteza imbere ubumenyi mu ikorabuhanga n’itumanaho, gukwirakwiza ibikorwa remezo bya ICT, ubushakashatsi, iterambere n’ishoramari.

Nigeria:

Nigeria ni ikindi gihugu kiza imbere ku mugabane wa Afurika ikoranabuhanga rishya muri Afurika. Urwego rw’ikoranabuhanga rwa Nigeria ruratera imbere, ruyobowe n’abaturage bakiri bato, bazi ikoranabuhanga, ibigo bigitangira, ndetse n’ihuzanzira rya internet rigenda ryiyongera, aho Lagos ariwo mujyi wonyine wo muri Afurika ugaragara mu bigo100 bya mbere bigitangira ku Isi.

U Rwanda:

U Rwanda narwo ni kimwe mu bihugu bya mbere biyoboye mu ikoranabuhanga rishya muri Afurika, aho rukomeje guteza imbere cyane urwego rw’ikoranabuhanga, rugamije kuba ihuriro ryo guhanga udushya mu karere binyuze muri gahunda nka Smart Rwanda Master Plan na Kigali Innovation City (KIC), rwibanda ku bikorwa remezo bya ICT, kwigisha, no gutera inkunga ibigo by’ikoranabuhanga na ba rwiyemezamirimo batangira muri uru rwego.

Ibindi bihugu byo gukurikiranira hafi:

Tunisia, Misiri, Botswana, Cape Verde, Senegal, Kenya, na Ghana nabyo biza imbere muri Afurika mu ikoranabuhanga, aho bikura imbaraga cyane cyane ku: imari shingiro y’abantu bafite ubuhanga, uburyo bwo gushishikariza kwitabira ikoranabuhanga, kwishyira hamwe kw’akarere, n’amategeko arinda ubwenge muri uru rwego.

Libya, Seychelles, Maurice:

Ibi bihugu nabyo byerekana urwego rugeze hejuru mu iterambere rya ICT. Ibitangazamakuru byatangaje ko Libya, Maroc, na Seychelles byagaragaye nk’ibihugu bya mbere bya Afurika mu bijyanye n’iterambere ry’ikoranabuhanga mu 2024, nk’uko byatangajwe na Statisense.

Algeria, Gabon:

Ibi bihugu nabyo biri hejuru cyane cyane mu guteza imbere ubwenge bw’ubuhangano buzwi nka Artificial Intelligence.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *