Mu gihe inzego zose z’igihugu zitezwa imbere, igisirikare ntigisigara inyuma ku mugabane wa Afurika. Mu kayabo gashorwa n’abategetsi, hazamo n’ajya mu bikoresho bigurwa ngo byifashishwe n’igisirikare cyo mu kirere. Mu bihugu byinshi bya Afurika, hose hashyirwamo akayabo ariko siko nanone biri ku kigero kimwe biturutse ku mpamvu zinyuranye zirimo n’amikoro nk’uko Defenc Web dukesha iyi nkuru ibitangaza. 5. Maroc na Misiri Ubwoko bw’Indege bakoresha: Indege zo mu bwoko bwa Lockheed Martins F-16 Fighting Falcon
Birashoboka ko atari ubwa mbere mu matwi yawe wumvise indege y’intambara yitwa F-16. Itunzwe n’ibihugu byinshi kuko hamaze gukorwa ibihumbi 45 by’ubu bwoko. Iyi ndege ntiremera cyane kandi igira umuvuduko uhambaye. Igira uburyo bwo kuyitwara bwiza ku buryo abapilote bakunze kubwirana ngo ” Falcon ntuyitwara, iragutwara.”
Maroc ifite izigenewe kurwana gusa, Misiri yifite F-16 43 zikora imirimo myinshi.

4. Algeria
Ubwoko bw’Indege bakoresha: MiG-25 Foxbat
Iyi ni indege y’inyabigwi bivugwa ko yaba ifite uduhigo 21. Yagenewe kuyobya (interceptor) ibisasu bivuye mu kirere. Izwi ho kugira umuvuduko ugera ku km 2800 ku isaha gusa hari igihe kigera ku km 3000 ku isaha.
Iyi ndege kandi igira RADAR ifite imbaraga n’irindi koranabuhanga rya BVR n’ibindi bituma iba agatangaza mu kogoga ikirere no gushwanyaguza igipimo (target).
Mu ntambara yo mu kigobe yarigaragaje cyane kuko MIG-25 ya Iraq yakwepye misile 10 zose zayirashweho zivuye kuri USAF F-15.
Algeria ifite MIG-25 13

3. Angola, Eritrea na Ethiopia
Ubwoko bw’Indege bakoresha: Sukhoi Su-27 Flanker
Ni indege ikora byinshi kandi iremereye yagenewe guhangana n’umwanzi mu kirere. Ibasha kwikorera misile zirindwi zo kuza kurasa, kandi irihuta kuko ifite km 2500 ku isaha. Ifite ubushobozi buhambaye igihe yaba ihawe umushoferi w’inararibonye mu bijyanye no gutwara. Yabasha gukora ibinogeye ijisho mu kwikaraga mu kirere byitwa Pugachev cobra na ‘tail slide’
Angola ifite 7, Eritrea 9 naho Ethiopia ikagira 12

2. Misiri
Ubwoko bw’Indege bakoresha: Dassault Rafale
Ni indege yo mu bwoko bwa MMCA (Medium Multirole Combat Aircraft) ifite ikoranabuhanga riteye imbere. Ishobora kurasa umwanzi uri muri km 31 idakoresheje RADAR. Iyi irashoboye cyane mu kurwanira mu kirere ijyana ku butaka ndetse ibashak no kwikorera intwaro kirimbuzi.
Misiri ifite 9 kandi 24 zaratumijwe.

1. Uganda, Algeria na Angola
Ubwoko bw’Indege bakoresha: Sukhoi Su-30
Iyi ndege y’intambara nini kandi iraremereye. Ifite umuvuduko wa 2,132km/h. Ifite RADAR yo mu bwoko bwa AESA iyifasha kurasa ku butaka neza ibitwaro byinshi yikorera.
Algeria ifite 52, 14 zaratumijwe, Angola 18 naho Uganda ifite 6.



