Ibindi bihugu 5 byabaye abanyamuryango buzuye ba BRICS

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Gatatu, itariki 31 Mutarama 2024, Afurika y’Epfo yatangaje ko Arabia Saoudite, Misiri, Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, Ethiopia na Iran byemeje ko byinjiye mu muryango BRICS w’ibihugu bifite ubukungu bugenda buzamuka.

Muri Kanama, ibi bihugu bitanu na Argentine byatumiriwe kwinjira muri uyu muryango mu nama yabereye i Johannesburg, muri Afurika y’Epfo.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane, Naledi Pandor, yabwiye itangazamakuru ati “mu gihe dushyikiriza ubuyobozi bwa BRICS Federasiyo y’u Burusiya… dutangaje kwaguka nka Afurika y’Epfo, twari dufite Argentine, Misiri, Ethiopia, Iran, Arabia Saoudite na UAE byemeje ko ari abanyamuryango buzuye ba BRICS.”

Yongeyeho ko Argentine, ariko, yahisemo kutazakomeza gusaba kuba umunyamuryango wuzuye w’umuryango wari usanzwemo Brazil, u Burusiya, u Buhinde, u Bushinwa na Afurika y’Epfo.

Ku wa 1 Mutarama, Argentine yagombaga kwinjira muri BRICS. Icyakora, Perezida mushya watowe, Javier Milei yatangaje ku wa Gatanu ko iki gihugu kitazinjira muri uyu muryango, asohoza isezerano yatanze yiyamamaza ryo guhindura politiki y’ububanyi n’amahanga y’igihugu cye kugira ngo ashake umubano wa hafi n’uburengerazuba.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *