e-ov1jpwyaewjuu.jpg

Ibitaramo imbonankubone bigiye gusubukurwa, amasaha yo gutaha yigijwe inyuma

Sangiza iyi nkuru

Ibitaramo nka za concerts, amaserukiramuco n’amamurikagurisha bigiye kongera gusubukurwa biba imbonankubone mu gihugu nyuma y’umwaka hafi n’igice urenga bihagaritswe kubera icyorezo cya Covid-19.

Ibi ni ibikubiye mu myanzuro y’inama y’abaminisitiri yayobowe na Perezida Kagame kuri uyu wa gatatu, itariki 01 Nzeri, yongeye gusuzuma ingamba zo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19.

Nk’uko bigaragara mu itangazo ryavuye mu Biro bya Minisitiri w’Intebe, ibikorwa nk’ibi bizajya byitabirwa gusa n’abantu bakingiwe.

Usibye ibyo kandi, Ingendo zirabujijwe guhera saa Yine z’ijoro (10:00 PM) kugeza saa Kumi za mu gitondo (4:00 AM) mu Mujyi wa Kigali. lbikorwa byose byemerewe gukomeza bizajya bifunga saa Tatu z’ijoro (9:00 PM).

Ingendo zirabujijwe guhera saa Tatu z’ijoro (9:00 PM) kugeza saa Kumi za mu gitondo (4:00 AM) ahandi mu gihugu (ibikorwa byose byemerewe gukomeza bizajya bifunga saa Mbiri z’ijoro (8:00 PM).

Icyakora mu Turere twa Burera, Gicumbi, Kirehe, Ngoma, Nyagatare, Nyamasheke, Nyaruguru na Rwamagana dufite imibare y’abandura COVID-19 iri hejuru kurusha ahandi, ingendo zirabujijwe guhera saa Mbiri z’ijoro (8:00 PM) kugeza saa Kumi za mu gitondo (4:00 AM). Muri utwo turere, ibikorwa byose byemerewe gukomeza bizajya bifunga saa moya z’ijoro (7:00 PM).

e-ov1jpwyaewjuu.jpg

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *