211116-Donald-Trump-Adam-Boehler-al-1245-f09c08

Ibitero bya Israel kuri Gaza bizahagarara Hamas nirekura imbohe zose – USA

Sangiza iyi nkuru

Ibitero bya Israel kuri Gaza bizarangira niba Hamas irekuye imbohe zose zisigaye, nk’uko intumwa nkuru ya Perezida wa Amerika, Donald Trump yabitangaje mu kiganiro na Al Jazeera.

Intumwa idasanzwe ya Amerika ishinzwe gukurikirana isubizwa ry’imbohe, Adam Boehler yagize ati: “Nshobora kukubwira ko imirwano yahita irangira, ako kanya baramutse barekuwe.” “Umunsi izo mbohe zarekuwe, imirwano izarangira.”

Ibitekerezo bya Boehler kuri uyu wa Gatatu ushize yabitangaje mu gihe umubare w’abahitanwe n’ibitero bya Israel muri Gaza wageze ku 51.025, harimo Abanyapalestina 1.652 bishwe kuva ibitero bya Israel byasubukura nyuma y’agahenge gato kari kagizwemo uruhare n’ubuyobozi bwa Trump muri Werurwe.

Nubwo Israel ikomeje kwibasira ako karere ka Gaza, Boehler yavuze ko umupira uri mu ruhande rwa Hamas.

Ari muri White House Boehler yagize ati: “Bashobora kugira icyo bakora igihe icyo ari cyo cyose.” “Hamas irashobora kurangiza ibi.”

Boehler yongeyeho ko Trump yasobanuye neza ko “nta kintu kizajya imbere kugeza ingwate zose zirekuwe”.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *