Mu bintu bigoye/bivunnye mu gisirikare harimo kuzamurirwa ipeti kuko biraharanirwa, bigasaba ubwitange bw’umusirikare; noneho kubona ipeti riri ku rwego rwa General bikaba akarusho, ubwo kuba Umugaba Mukuru w’ingabo z’igihugu byo bikaba ibindi bindi.
Ariko uyu muhigo umenyerewe ku bantu biganjemo cyane abakuze (inararibonye zarwanye intambara zitandukanye), umusirikare wo muri Somalia witwa Odowaa Yuusuf Raagge yawugezeho afite imyaka 32 y’amavuko gusa.
Odowaa ufite ipeti rya Brigadier General kuva mu 2018, yagizwe Umugaba Mukuru za Somalia muri Kanama 2019, nyuma yo kuyobora urugamba ingabo z’igihugu zari zihanganiyemo n’abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa Al Shabaab wari wagabye igitero mu mujyi wa Awdhegle uri karere ka Lower Shabelle.
Abatangabuhamya baramusingiza
Mu gitondo cyo muri Kanama hagati mu 2019, abarwanyi ba Al Shabaab bagababye igitero ku birindiro by’ingabo za Somalia muri Awdhegle. Icyo gihe imodoka yarimo umwiyahuzi yaturikiye mu ruhande rumwe, iya kabiri iturikira ku rundi, abarwanyi b’uyu mutwe binjira mu birindiro barasa.
Ingabo za Somalia zari imbere zishyigikiwe n’iza Uganda zari mu butumwa bw’amahoro bw’umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, zose zari ziyobowe na Gen. Odowaa zabashije gusubiza inyuma aba barwanyi mu buryo bwihuse, nk’uko Gen. Dahir Adeni Ermi yabitanzemo ubuhamya.
Gen. Dahir yabwiye VOA ati: “Iyo Gen. Odowaa aba adahari, ibintu byari kugenda ukundi. Kuhaba kwe kwahinduye morali y’abasirikare, guhindura urugamba, barwananye ubutwari kubera ko Komanda yari ahari. Yayoboye abasirikare, batsinda uru rugamba.”
Meya wa Awdhegle, Mohamed Abukar Aweys we yavuze ko Gen. Odowaa muri uru rugamba yifatiye imbunda ya Ak-47, ajya guhangana n’abarwanyi ba Al Shabaab. Ati: “Ubwe yifatiye AK-47, ayobora urugamba. Namubonye atera agatege abasirikare kugira ngo barwane.”
Uko yazamuwe mu ntera
Gen. Odowaa yavutse mu 1987, yiga amashuri abanza n’ayisumbuye, ayarangiza mu 2005, yinjira mu gisirikare cya Somalia ku butegetsi bw’inzibacyuho.
Hashize igihe gito, yoherezwa muri kwiga amasomo y’igisirikare yo kurinda abakomeye, avayo, atangira inshingano yo gutoza abashya binjira mu gisirikare.
Mu 2009, yoherejwe muri Sudani kwiga amasomo ku rwego rwa ofisiye, ayarangiza nyuma y’umwaka afite ipeti rya Lieutenant.
Mu 2013 yoherejwe kwiga amasomo y’igisirikare muri Turukiya by’umwihariko ayerekeye kuyobora ingabo zirwanira ku butaka, avayo afite ipeti rya Major.
Mu 2014, yasubiye muri Turukiya, ajya kwiga mu ishuri rya Turkish War College, arangije amasomo, asubira muri Somalia, ahabwa kuyobora Pulatuni ya 60.
Mu 2018 yahawe ipeti rya Lieutenant Colonel, mu mpera ahabwa irya Brigadier General, agirwa Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka mu gihe cy’amezi arindwi, nyuma agirwa Umugaba Mukuru, inshingano ariho kugeza ubu afite imyaka 34 y’amavuko.


