Ibyo Diamond yananiwe gukorera Zari mu myaka 3, yabimikoreye mu mashusho y'indirimbo-Amafoto

Sangiza iyi nkuru

Mu gihe kingana n’imyaka itatu umuhanzi Diamond Platnumz wo muri Tanzania, yamaze abana na Zari mu nzu, batarakora ubukwe cyangwa ibindi birori byo kumwerekana mu muryango nk’umugore we, yabimukoreye mu mashusho y’ndirimbo .

Ni indirimbo ‘Iyena’ Diamond yakoranye na Rayvanny, bombi bakorera umuziki mu nzu iwutunganya ya Wasafi. Amashusho yayo agaragaza Diamond yasezeranye na Zari imbere y’Imana bahuje inshuti n’abavandimwe.

Iyi ndirimbo igiye hanze nyuma yaho Zari afashe umwanzuro wo kurekana na Diamond ku mpamvu yise izubuhehesi, iyi ndirimbo ikaba isa nije mu rwego rwo kwiyibutsa ibihe byiza bagiranye ubwo bari bakibana.

Hashize amezi ane Zari atandukanye na Diamond, bigaragara ko impande zombi byagoranye kubyakira dore ko Diamond we kuva batandukana yahise yiyegereza Hamisa Mobetto wanamubyariye.

Mu biganiro  Zari agenda agirana n’ibitangazamakuru binyuranye avuga ko yakundaga Diamond ku buryo budasanzwe n’ubwo yaje kumuhemukira akamuca inyuma.

vlcsnap 2018 06 02 01h42m00s357
Muri aya mashusho bigaragara ko Diamond yasezeranye na Zari nyamara byaramunaniye mu myaka 3 bamaranye

vlcsnap 2018 06 02 01h40m56s073 vlcsnap 2018 06 02 01h41m07s588 vlcsnap 2018 06 02 01h41m25s327 vlcsnap 2018 06 02 01h41m43s877 vlcsnap 2018 06 02 01h41m51s811

Kanda Subscribe kuri iyi channel ujye wibonera amakuru agezweho muburyo bw’amashusho

YouTube player

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *