20260420_162509

Ibyo Ndayishimiye yaganiriye na Traoré wa Burkina Faso wamwakiriye

Sangiza iyi nkuru

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, kuri uyu wa Mbere yakiriwe anagirana ibiganiro na Perezida w’inzibacyuho wa Burkina Faso, Capitaine Ibrahim Traoré.

Hari mu ruzinduko Ndayishimiye unayoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe yagiriye i Ouagadougou.

Perezidansi y’u Burundi ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, yatangaje ko ibiganiro bya Ndayishimiye na Traoré byagarutse ku buryo bwo “kubaka no gukomeza ikiraro” hagati y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’ihuriro ry’ibihugu byo mu karere ka Sahel byahagaritswe muri uwo muryango.

Mbere, ibiro bya Evariste Ndayishimiye byari byavuze ko yagiye i Ouagadougou “mu rugendo rw’akazi n’ubucuti”.

Urugendo rwa Ndayishimiye muri Burkina Faso rwongeye kwerekana ishusho y’ikibazo cya AU n’ibihugu bya Burkina Faso, Guinée, Niger na Mali nyuma y’uko ababikuriye bafashe ubutegetsi kuri ‘coup d’etat’ mu 2021 na 2022.

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wahagaeitse ibi bihugu nyuma y’izo ‘coup d’etat’.

Mu kwezi gushize, Inama ishinzwe umutekano mu muryango w’Ubumwe bwa Afurika yatangaje ko nubwo habaye imihate yo kwegera ibi bihgu uwo muryango “ugifite ikibazo cyo gusubirana ububasha bwawo” muri ibyo bihugu.

Biriya bihugu uko ari bitatu nyuma yo guhagarikwa muri AU, byahise bishinga ihuriro byise ‘Confédération des États du Sahel’ ubu ikuriwe na Ibrahim Traoré.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *