French actor Gerard Depardieu arrives on the day of his trial for two sexual assaults allegedly committed on the set of the film "Les Volets Verts", at the courthouse in Paris, France, March 24, 2025. REUTERS/Stephanie Lecocq

Icyamamare muri sinema, Gerard Depardieu, yahamijwe ihohotera rishingiye ku gitsina

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 13 Gicurasi 2025, umukinnyi wa filime w’icyamamare, Gerard Depardieu, yahamijwe n’urukiko rwa Paris icyaha cy’ihohotera rishingiye ku gitsina

Uyu musaza w’imyaka 76 yahamijwe icyaha cyo gukorera ihohotera rishingiye ku gitsina abagore babiri ubwo bari bari gukora kuri firime yitwa “Les Volets Verts” (“The Green Shutters”) mu 2021.

Urukiko rwakatiye Depardieu utari witabye urukiko ngo yumve umwanzuro w’urubanza, igihano cy’igifungo cy’amezi 18 gisubitse.

Depardieu yashinjwaga iki?

Mu iburanisha ry’iminsi ine muri Werurwe, umunyamategeko Jeremie Assous yari yavuze ko ibirego uyu mukinnyi wa filime ashinjwa “ari ibihimbano” anasaba ko ibyo birego byakurwaho.

Abashinjacyaha b’i Paris bavuze ko urega umwe mu batanze ikirego, wari ushinzwe kwambika abakinnyi, yabwiye abashinzwe iperereza ko yabanje kumva amagambo mabi yabwiwe na Depardieu.

Nyuma y’isaha imwe, uyu mugore yavuze ko “yafashwe bunyamaswa” na Depardieu ubwo yari avuye kuri set.

Yavuze ko yamubujije kunyeganyega “yamufungiye mu maguru” mbere yo kumufatafata mu rukenyerero no mu nda, akomeza kugeza ku ibere.

25 25 13 gettyimages 2206196855

Igihe ibyo byabaga, yavuze ko Depardieu yavugaga “amagambo ateye isoni.”

Undi urega, umu-assistant, yavuze ko Depardieu yamufashe ikibuno n’amabere mu bihe bitatu bitandukanye bari gukora kuri filime yavuzwe haruguru.

Mu gihe cy’urubanza, Depardieu yahakanye ibyo aregwa, yemera ko yakoresheje imvugo iteye isoni, kandi ko yafashe ushinzwe kwambika abakinnyi mu rukenyerero igihe bari barimo kujya impaka, ariko ahakana ko iyo myitwarire ye yaganishaga ku mibonano mpuzabitsina.

Ibiro ntaramakuru Reuters byatangaje ko ariko, umucamanza Thierry Donard yavuze ko ibyo Depardieu yireguje bitumvikana.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *