Icyo Perezida Nkurunziza na Tshisekedi baganiriye cyamenyekanye

Sangiza iyi nkuru

Nyuma y’uruzindiko Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi yagiriye mu Burundi, abakuru b’ibihugu byombi biyemeje gukorera hamwe mu kurwanya imitwe yitwaje intwaro ihungabanya umutekano muri Congo.

Perezida Tshisekedi na Nkurunziza baganiriye ku wa Gatanu tariki ya 14 Kamena 2019, i Bujumbura. Itangazo ryasohowe n’Abaminisitiri b’Ububanyi n’amahanga ’Ubutwererane b’ibi bihugu byombi, rivuga ko abakuru b’ibihugu byombi baganiriye ku kuba ari ngombwa gukomeza imiryango ihuza ibihugu by’Akarere, ngo bashobore ‘Gukomeza amahoro, Umutekano n’iterambere’.

Kuri iyo ngingo, aba bakuru b’ibihugu bumvikanye gushyira mu bikorwa imigambi ibi bihugu bihuriyeho mu kurwanya imitwe yitwaje intwaro ku butaka bwa Congo, no gukurikiranira hafi umutekano w’ibi bihugu byombi.

Nk’uko BBC ibitangaza, ngo muri iri tangazo, iyi migambi ibi bihugu bihuriyeho ntivugwa, gusa ibiganiro byabo ngo bikaba byagaragaje ko hari amwe mu masezerano ibi bihugu bihuriyeho bidashyira mu bikorwa.

Biyemeje kuvugurura imikorere igamije ubufatanye by’umwihariko ibikorwa bibahuza bikigaragaza kandi bagahanahana amakuru gusumba uko byari bisanzwe.

Uru rugendo rwa Perezida Tshisekedi mu Burundi ruje nyuma y’urundi yari amazemo iminsi ibiri mu gihugu cya Tanzania. Bwana Tshisekedi ariko agerageza gukomeza ubucuti hagati y’igihugu cye n’ibihugu by’ibituranyi, cyane cyane ibihugu byo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Ku wa 8 Kamena 2019, Perezida Tshisekedi yandikiye Perezida Kagame, uyoboye EAC, amusaba ko Congo yakwinjira muri uyu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba uhuriweho n’ibihugu bya Kenya, Tanzania, Uganda, u Rwanda, Uburundi hamwe na Sudani y’Epfo.

ty
Perezida Tshisekedi na Nkurunziza i Bujumbura

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *