Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, kuri uyu wa Mbere yamaganye ubusumbane mu kubona inkingo z’icyorezo cya COVID-19 avuga ko cyasunikiye abantu basaga miliyoni 100 mu bukene.
Guterres yabwiye itsinda ry’Ikigega Mpuzamahanga cy’imari ko ubufatanye bw’isi “bwabuze mu bikorwa” kandi ko abantu batuye mu turere tw’amakimbirane ndetse n’ibihugu byoroheje bababaye cyane kurusha abandi.
Yavuze ko abantu miliyoni 100 bahatiwe kujya ubukene kuva icyorezo cyatangira kandi ko miliyari enye zidafite ubufasha bw’imibereho, ubuvuzi, ndetse no gukingirwa mu kazi.
Ubusumbane nk’ubwo, nk’uko Guterres yakomeje avuga, “Niyo ntandaro y’urugomo n’amakimbirane.”
Umuyobozi w’umuryango w’abibumbye yavuze ko ikibazo cy’ingenzi ari uko mu gihe ibihugu byateye imbere byabonye inkingo kandi bikaba byarashoboye gukingiza abaturage babyo, ibihugu bikennye bitabonye izo byari bikeneye.
Ati: “Ubusumbane bw’inkingo ni ugukatira isi impfu z’abantu babarirwa muri za miriyoni, ndetse no kongera idindira ry’ubukungu rishobora gutwara amamiliyaridi y’amadolari, bikibasira ibihugu bikennye cyane kurusha ibindi”.
Nk’uko iyi nkuru dukesha Euronews ivuga, Guterres yasabye ibihugu gushyigikira ingamba z’ikingira rya Covid-19 z’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima ku Isi, zigamije gutuma abantu 70% by’abantu muri buri gihugu bazaba barakingiwe mu 2022.
Ati: “Mu bihugu byugarijwe n’ibibazo n’amakimbirane, inkingo zizakenera ishoramari rigamije uburyo bwo gutanga serivisi n’ubushobozi.”
“Ibi ntibizemeza gusa ko inkingo zitangwa vuba na bwangu; bizashimangira gahunda z’ubuzima zo mu karere ndetse no mu gihugu kandi bizafasha kwirinda icyorezo cy’ejo hazaza.”


