Kuri iki cyumweru, itariki ya 06 Nzeri 2020, umupolisi wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo wari wasinze yarashe mugenzi we ndetse arasa n’umusirikare arabica, mu Gasantere ka Kashara, Teritwari ya Idjwi, muri Kivu y’Amajyepfo.
Umuyobozi w’Agateganyo wa Sheferi ya Ntambuka, Célestin Mugabo, yabitangarije urubuga 7SUR7.CD kuri uyu wa Mbere, tariki ya 07 Nzeri 2020.
Uyu muyobozi avuga ko uyu mupolisi yahise ahunga nyuma yo kwica bagenzi be bashinzwe umutekano. Arahamagarira abayobozi b’igisirikare n’abapolisi kutazongera kwemerera ko abashinzwe umutekano batari mu kazi bagendana intwaro zabo.
Nk’uko uwabonye uko byagenze yabitangaje, ngo uyu mupolisi ushinjwa ubwicanyi yaketse ko uwo musirikare yakundanaga n’umugore we mu ibanga.
Ati: “Ibi byabaye ahagana saa munani. Umupolisi w’umwicanyi yari yitwaje imbunda ye, arasa umusirikare yashinjaga kugirana umubano n’umugore we. Hanyuma, yarashe mugenzi we bakorana, kandi abahohotewe bombi bapfiriye aho. Uwishe n’abishwe bari mu nzu igurishirizwamo ibinyobwa bisindisha “.
Kugeza ubu, abayobozi b’inzego z’ibanze ku rwego rwa Teritwari ya Idjwi bagaragaza ko iperereza rigikomeje kugira ngo umupolisi wishe atabwe muri yombi.


