Ifoto ya Irangabiye na Pierre Buyoya yafashwe mu Kuboza 2017

Ifoto Irangabiye yifotoje na Perezida Kagame mu byatumye atabwa muri yombi

Sangiza iyi nkuru

Ifoto Floriane Irangabiye yifotoje ari kumwe na Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, byamenyekanye ko iri mu byatumye uyu Murundikazi wakoraga umwuga w’itangazamakuru atabwa muri yombi n’abakozi b’urwego rw’iwabo rushinzwe iperereza, SNR.

Irangabiye yatawe muri yombi tariki ya 30 Kanama 2022 ubwo yari ageze ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cyitiriwe Melchior Ndadaye, i Bujumbura, avuye i Kigali mu Rwanda, agiye gusura umuryango we.

Ikinyamakuru Iwacu Burundi kivuga ko amakuru cyahawe n’abo hafi y’umuryango wa Irangabiye, avuga ko ubwo abakozi ba SNR bafataga uyu Murundikazi, bamuzizaga kuba yarifotoje ifoto ya ‘selfie’ na Perezida Kagame mu gihe igihugu cyabo n’u Rwanda bitacanaga uwaka.

Abakozi ba SNR kandi ngo bamutaye muri yombi kubera ko yifotoje na Pierre Buyoya wabaye Perezida w’u Burundi, mu gihe uyu munyapolitiki wapfuye mu Kuboza 2020 atari abanye neza n’ubutegetsi buriho.

Iki kinyamakuru kivuga ko umunyamategeko wa Irangabiye yavuze ko ubwo abakozi ba SNR bamubazaga iby’ifoto ye na Perezida Kagame, uyu Murundikazi yasubije ko yafashwe ubwo bahuriraga mu nama ya banki y’Abanyakenya, KCB.

Abajijwe ku foto ye na Buyoya, Irangabiye yasubije ko yafotowe n’umukobwa w’uyu munyapolitiki ndetse anayishyira ku mbuga nkoranyambaga, abwira abakozi ba SNR ko uyu mukobwa biganye mu ishuri rimwe kandi ko imiryango yabo ari inshuti.

Muri iri bazwa, abakozi ba SNR banamubajije uko umubano we n’abatavuga rumwe na Leta y’u Burundi bahungiye mu Rwanda uhagaze, asobanura ko bahuriye gusa muri gahunda y’ikiganiro gitambuka kuri radiyo yo kuri interineti yashinze yitwa Igicaniro, ivugirwamo ibijyanye no kubabarira, umuco w’u Burundi ndetse n’ihame ry’uburenganzira bw’ikiremwamuntu.

Irangabiye ubwo yatabwa muri yombi, yabanje gufungirwa muri kasho ya SNR, ahava ajyanwa muri gereza nkuru ya Mpimba i Bujumbura, na ho aza kuhavanwa mu Kwakira 2022, ajyanwa muri gereza ya Muyinga.

Tariki ya 6 Mutarama 2023, urukiko rwisumbuye rwa Mukaza rwamuhanishije igifungo cy’imyaka 10 n’ihazabu y’amafaranga y’Amarundi miliyoni 1, rumaze kumuhamya icyaha cyo kubangamira umutekano w’igihugu. Yajuriye asaba kugirwa umwere.

Ifoto ya Irangabiye na Pierre Buyoya yafashwe mu Kuboza 2017
Ifoto ya Irangabiye na Pierre Buyoya yafashwe mu Kuboza 2017

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Ifoto Irangabiye yifotoje na Perezida Kagame mu byatumye atabwa muri yombi
    Dis-moi qui tu hantes, je te dirai qui tu es! Iyo uri inshuti ariko nkabona ushudite n’undi twangana urunuka, sinabura kukwishisha, cyane cyane iyo mbona ko ufite ubushuti burengeje ubwo dufitanye. No muri bibiliya birimo ngo: ntawe ukeza abami babiri.

    1. Ifoto Irangabiye yifotoje na Perezida Kagame mu byatumye atabwa muri yombi
      ubu ni ubwoba n’intege nke muri politique; ndetse n’ierereza.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *