Prince Chinenye Ibeh ni umukinnyi wa Basketball ufite inkomoko ya Nigeria, wahawe ubwenegihugu ubw’u Rwanda muri Gashyantare 2021.
Yavukiye i Londres mu Bwongereza tariki ya 3 Kamena 1994, akurirayo, anigayo. Umuryango we uba mu mujyi wa Dallas muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Ku mwanya wo hagati, C (Center)), yakiniye amakipe ya Basketball atandukanye, arimo: Long Island Nets yo mu irushanwa rito rya G League muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuva mu 2017 kugeza mu 2018, akinira Yokohama B. Corsairs muri B. League kuva mu 2018 kugeza mu 2019.
Mu 2019 yakiniye NorthPort Batang Pier yo muri Philippine, kuva mu 2019 kugeza mu 2020 akinira Hamburg Towers yo mu Budage, ayisezeramo maze mu Kwakira 2020 atangira kugeza muri uyu mwaka, akinira Plymouth Raiders yo mu Bwongereza.
Prince Ibeh yavuye mu Bwongereza muri Gashyantare 2021, ajya muri Tunisia kwifatanya n’abakinnyi b’ikipe y’u Rwanda ya Basketball mu majonjora y’igikombe cy’irushanwa nyafurika ry’ibihugu, Afro-Basket.


Mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru wa ESPN, Prince Ibeh yahishuye ko muri uko kwezi ari bwo yahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda, abona amahirwe yo kuruhagararira ku rwego mpuzamahanga.
Impamvu yabaye umwenegihugu w’u Rwanda
Ibeh yabwiye umunyamakuru ati: “Ababyeyi banjye bombi bakomoka muri Nigeria, nabaye umwenegihugu w’u Rwanda muri Gashyantare. Icyo ni cyo gihe natangiye gukinira ikipe y’igihugu, twubaka umubano mwiza, watumye nza gukinira hano.”
Uyu mukinnyi yavuze ko mbere y’uko aba umwenegihugu w’u Rwanda, yabanje gusobanurirwa icyerekezo iki gihugu gifite mu mukino wa Basketball, yumva akwiye gutanga umusanzu we kugira ngo kizagerweho.
Ati: “Byaratunguranye, byaje bityo. Narahamagawe, mpura nabo (Abanyarwanda), turaganira, bansobanurira icyerekezo u Rwanda rufite mu mukino wa Basketball. Nyuma y’ibiganiro, numvise ari gahunda ngomba kwifatanya nabo.”
Ibeh yavuze ko nyuma yo kuba Umunyarwanda, afite intego yo guha iki gihugu umusanzu we, agafasha ikipe yacyo ya Basketball gutwara ibikombe aho biva bikagera.
Yagize ati: “Irushanwa iryo ari ryo ryose rizaba, ryaba Afro-Basket, BAL cyangwa irindi, ndashaka kuzana igikombe mu rugo, bityo bakabona ko cyagira uruhare mu iterambere ry’igihugu.”
Guhera muri Gicurasi 2021, Prince Ibeh yatangiye gukinira ikipe ya Patriots BBC yo mu Rwanda, avuye muri Plymouth Raiders. Ni umwe mu bakinnyi bari kwitwara neza mu irushanwa nyafurika, BAL, riri kubera i Kigali kuva tariki ya 16 uku kwezi.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


