Igipolisi cya Nigeria cyabyutse kigose inzu y’abahanzi bagize P Square

Sangiza iyi nkuru

Inzu y’akataraboneka y’abahanzi bagize itsinda rya P Square mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, tariki 19 Gashyantare, igipolisi cya Nigeria cyazindutse kiyigose ku mpamvu zitaramenyekana.

squareville
Inzu yiswe Squareville y’abahanzi bagize P Square

Urubuga rwa internet, Dasort.com, rwo muri Nigeria ruravuga ko hataramenyekana impamvu igipolisi cyabyutse kigose iyi nyubako y’aba bahanzi, ariko ngo amakuru yari ari guhwihwiswa nuko aba bahanzi ngo bashobora kuba baranze kwitabira igitaramo bari bishyuriwe.

akon-at-squareville
Umuhanzi Akon kuri Squareville ubwo yari yasuye P Square

Umwe muri aba bahanzi basanzwe ari abavandimwe b’impanga, Paul Okoye, ngo yaje gufotorwa nka saa tanu asohoka muri iyi nzu nyuma y’uko igipolisi cyari cyayigose.

PSquare++2
Peter na Paul Okoye bagize P Square

Iyi nzu y’aba bahanzi izwi nka SquareVille, bivugwa ko yatwaye aba bahanzi akayabo ka miliyoni 500 z’amafaranga akoreshwa muri Nigeria.

Nyuma y’aho aya makuru agiriye hanze, Paul Okoye akoresheje urukuta rwe rwa Instagram, yahise asaba abantu kwirengagiza ibyatangajwe, asobanura ko hari ikibazo cyari cyavutse mu gace batuyemo mu masaha ya mugitondo abapolisi barahurura bituma bivugwa ko bari bateye inyubako ya P Square.

Yakomeje avuga ko mu izina rya Yesu Imana itatuma ibyavuzwe bibaho.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *