Igipolisi cya Tanzania cyemeye ko gifite umunyamakuru Erick Kabendera byakekwaga ko yashimuswe

Sangiza iyi nkuru

Igipolisi cya Tanzania kuri uyu wa kabiri, itariki 30 Nyakanga cyatangaje ko ari cyo cyataye muri yombi umunyamakuru witwa Erick Kabendera, nyuma y’aho kuwa Mbere umuryango we wari watangaje ko Kabendera yashimutiwe n’abantu batazwi ariko bavugaga ko ari abapolisi.

Polisi yo yabanje kuvuga ko itazi ibye. Kuri uyu wa Kabiri ariko Umukuru wa Polisi mu murwa mukuru Dar es Salaam, Lazaro Mambosasa, mu kiganiro n’itangazamakuru yavuze ko Erick Kabendera “ari amahoro, ko yafashwe kugirango abazwe ku bwenegihugu bwe.” Leta ya Tanzaniya ntimushira amakenga. Ikeka ko yaba ari umunyamahanga. Mu 2013 nabwo Polisi yabajije cyane Erick Kabendera ku bwenegihugu bwe.

Izimira rye (ryaje kuba rero itabwa muri yombi) ryakubise inkuba mu gihugu no hanze yacyo. Abantu batagira ingano bamaze kwandika kuri Twitter basaba ko arekurwa.

Erick Kabendera w’imyaka 39 y’amavuko ni umunyamakuru uzwi cyane muri Tanzaniya. Akorera ibitangazamakuru bitandukanye by’imbere mu gihugu n’iby’amahanga, birimo “The East African” cyo muri Kenya. Akunze gutangaza amakuru acukumbuye, cyane cyane kuri politike ya Perezida Magufuli no ku bibazo by’ubukungu.

Radio Ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru ivuga ko kuva John Pombe Magufuli yajya ku butegetsi mu 2015, ibitanyamakuru byafunzwe. Abanyamakuru n’abahanzi bavuga ibitagenda neza mu gihugu batabwa muri yombi, barakubitwa cyangwa bagaterwa ubwoba bwo kwicwa.

Amashyaka ya politiki atavuga rumwe na leta yabujijwe gukora mitingi. Ku rutonde rw’ubwisanzure bw’itangazamakuru rwa RSF, Tanzaniya yari ku mwahya wa 75 mu 2015. Muri uyu mwaka yasubiye inyuma cyane ijya ku mwanya w’118.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *