Igisirikare cy’u Burundi n’icya Congo biri gufatanya guhiga abarwanyi ba FNL

Sangiza iyi nkuru

Igisirikare cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’icy’u Burundi guhera kuri uyu wa Gatandatu ushize biri gufatanya guhiga abarwanyi bo mu mutwe wa FNL mu kibaya cya Ruzizi ahitwa Kiliba muri Teritwari ya Uvira.

Komanda wa Sokola II muri Kivu y’Amajyepfo, Gen. Bwange Safari, watanze aya makuru, aravuga ko inyeshyamba z’Abarundi ari nyinshi muri iki gice.

drc

Intego nk’uko igisirikare kivuga, ngo n’uguhanagura ahantu izi nyeshyamba z’Abarundi zikunze kuba aho bivugwa ko ziri hagati ya Congo n’u Burundi. Iki gikorwa ku ruhande rwa Congo kikaba kiri gukorwa na batayo ya 3305 ya FARDC.

Iyi nkuru dukesha Radio Okapi ikomeza ivuga ko, urusaku rw’imbunda ziremereye n’intoya rwumvikanaga kugeza kuri uyu wa Mbere tariki 11 Mata mu gitondo, rutatumye abaturage bajya mu mirima yabo nk’uko amakuru aturuka muri Kivu y’Amajyepfo avuga.

Mu gihe ingabo za Congo ku ruhande rwazo ziri guhiga inyeshyamba z’Abarundi, ingabo z’u Burundi nazo zagaragaye ku rundi ruhande ku butaka bw’u Burundi hafi y’umupaka ku mugezi wa Ruzizi nazo ziri mu bikorwa byo guhiga inyeshyamba.

burundi-soldiers-archive_0

Amakuru ava mu Burundi akaba avuga ko hashize amezi kuri uyu mupaka hagaragara urujya n’uruza rw’inyeshyamba z’Abarundi zabonwe n’abaturage bo muri Kiliba.

Nk’uko bitangazwa na sosiyete sivile muri Kiliba, ngo inyeshyamba 4 z’Abarundi zafatiwe mu kwezi gushize kwa Werurwe aha hantu. Izi nyeshyamba ngo zikaba ari zo zabwiye ingabo za Congo binjiye Uvira bavuye mu Burundi ari 200.

Gen. Bwange Safari yemeza ko inyeshyamba 40 z’Abarundi zirimo 6 z’abana bato zimaze gufatwa kuva mu mezi 3 ashize.

amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *