Igisirikare cya Congo kigambye kwica inyeshyamba 35 z’Abarundi ziyobowe na Gen. Nzabampema Aloys

Sangiza iyi nkuru

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) gitangaza ko kishe inyeshyamba 34 za FNL zikomoka mu Burundi, zarwaniraga mu misozi miremire ya Uvira, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Izi nyeshyamba za FNL ziyobowe na Gen. Nzabampema Aloys, zambuwe ibirindiro zabyo, nyuma y’imirwano zimazemo icyumweru zihanganye na FARDC. Umuvugizi w’igisirikare cya Congo muri aka karere, Capt.Kasereka Dieudonne yatangarije VOA ko bishe inyeshyamba 35.

Capt Kasereka avuga ko muri izi nyeshyamba 35 z’Abarundi harimo n’abayobozi bakuru babiri, bafata n’imbunda zikomeye zarwanishaga. Ubu ngo indembe 24 z’izi nyeshyamba za FNL zikaba zirimo kuvurirwa mu mashyamba yo mu Rubumba.

Yakomeje avuga ko kuva ku wa 2 Mata 2019, igisirikare cya Congo gitangije ibitero byo kurwanya Gen. Nzabampema Aloys kimaze gupfusha abasirikare batatu, abandi bane barakomereka, ubu barimo kuvurirwa mu bitaro bikuru bya Uvira.

Umwe mu basirikare ba Congo wo ku rwego rwo hejuru, uri muri uru rugamba, utashatse ko amazina ye atangazwa yatangarije VOA ko bahase igitutu ku ngabo za Aloys, zihunga zigana mu mashyamba yo mu Rubumba, abandi bagera kuri 40 bahungira muri Gurupoma ya Bijombo, bagana muri terirwari ya Fizi.

VOA itangaza ko yagerageje guhamagara Gen. Nzabampema Aloys isanga telefoni ye itariho bitewe n’uko amashyamba yahungiyemo atabamo rezo.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *