Leta Zunze Ubumwe za Amerika zafatiye ibihano igisirikare cya Eritrea, ishyaka PFDJ riri ku butegetsi n’umujyanama waryo mu by’ubukungu hamwe n’uyoboye urwego rw’igihugu rushinzwe umutekano.
Izi nzego n’aba bantu bafatiwe ibihano bashinjwa kugira uruhare mu ntambara iri kubera muri Ethiopia hagati y’ingabo za Leta n’abarwanyi b’imitwe yitwaje intwaro yihurije hamwe irimo TPLF na OLA.
Umuyobozi w’urwego rwa USA rushinzwe umutungo rwafashe ibi bihano, Andréa Gacki mu nkuru dukesha Reuters yamaganye abo muri Eritrea bakomeje kugira uruhare muri iyi ntambara. Yagize ati: “Turamagana uruhare abo muri Eritrea bakomeje kugira mu rugomo ruri gukorerwa majyaruguru ya Ethiopia rwasubije inyuma umutekano w’Igihugu…”
Muri iyi ntambara yatangiye mu Gushyingo 2020, Leta ya Eritrea ishyigikiye iya Ethiopia iyobowe na Minisitiri w’Intebe, Abiy Ahmed, ndetse yanayiteye inkunga y’intwaro zitandukanye hamwe n’abasirikare bo kumufasha kurwanya iyi mitwe yitwaje intwaro.
Ubusanzwe uru rwego rwa USA rufatira ibihano ibisirikare ibihano birimo kubihagarikira isoko bikuramo intwaro, rugafatira imitungo y’abantu ku giti cyabo. Leta ya Eritrea n’iya Ethiopia ntacyo zirabivugaho.


