Minisitiri w’Intebe wa Sudani uherutse guhirikwa, Abdalla Hamdok, yamaze kumvikana n’igisirikare ku kuntu yasubizwa umwanya we ndetse abayobozi b’abasivili bafunzwe bagafungurwa nk’uko byatangajwe n’abahuza mu biganiro kuri iki Cyumweru.
Biravugwa ko Hamdok yaje kwemera amasezerano hagati ye n’uwayoboye ihirikwa ry’ubutegetsi bwe, Gen. Abdel Fattah al-Burhan, mu rwego rwo guhagarika imenwa ry’amaraso nyuma y’imyigaragambyo ikomeje yamagana iri hirikwa ry’ubutegetsi ryo mu kwezi gushize.
Amakuru yatangajwe na Reuters avuga ko itangazo ry’itegeko nshinga ryashyizweho hagati y’abasirikare n’abasivili mu 2019 rizakomeza kuba ishingiro ry’imishyikirano y’indi izakorwa ahazaza.
Burhan ku ya 25 Ukwakira yatangaje ibihe bidasanzwe mu gihugu kandi akuraho guverinoma mu gikorwa cyahungabanyije inzibacyuho y’imyaka ibiri yaganishaga ku kwegurira abasivili ubutegetsi mu buryo bwuzuye.
Iki gikorwa cyamaganwe n’Umuryango Mpuzamahanga ndetse gituma abasivili bishora mu mihanda mu myigaragambyo yo kucyamagana bivuye inyuma bamwe baricwa.
Itsinda ry’abunzi bo muri Sudani barimo abarimu ba kaminuza, abanyamakuru n’abanyapolitiki, basohoye itangazo rigaragaza ingingo z’ingenzi z’amasezerano.
Harimo gusubukura ubuyobozi bugendera ku itegeko nshinga, amategeko na politiki igenga ibihe by’inzibacyuho.
Kugaruka kwa Hamdok, impuguke mu by’ubukungu wize mu Bwongereza, wakoreye Umuryango w’Abibumbye n’imiryango nyafurika, cyari icyifuzo nyamukuru cy’Umuryango Mpuzamahanga.


