Igisubizo cya Perezida Kagame ku basaba ko Rusesabagina arekurwa hatitawe ku byaha yahamijwe

Sangiza iyi nkuru

Ubwo yitabiraga mu buryo bw’ikoranabuhanga ikiganiro Global Security Forum 2021 cyerekeye umutekano mpuzamahanga cyateguriwe i Doha muri Qatar, Perezida Paul Kagame yabajijwe ku kibazo cy’umugororwa Paul Rusesabagina uherutse guhamwa ibyaha bibiri, agakatirwa igifungo cy’imyaka 25.

Rusesabagina ufite ubwenegihugu bw’u Rwanda n’ubw’u Bubiligi, unafite uruhushya ruhoraho rumwemerera gutura muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), tariki ya 20 Nzeri 2021 yahamijwe icyaha cyo kuba mu mutwe w’iterabwoba no gukora ibikorwa by’iterabwoba bifitanye isano n’umutwe witwaje intwaro wa FLN wagabye ibitero mu Rwanda mu 2018 no mu 2019, arakatirwa.

Uwo munsi, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi n’Umuvugizi w’ibiro bishinzwe ububanyi n’amahanga muri USA basohoye amatangazo atera utwatsi icyemezo cy’urukiko rwakatiye Rusesabagina, bavuga ko bizera ko uyu mugabo w’imyaka 67 y’amavuko atahawe ubutabera buboneye.

Abagize inteko ishinga amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi, EU, tariki ya 8 Ukwakira 2021 barateranye biga ku ngingo eshatu nkuru zirimo ifungwa rya Rusesabagina, bashingiye kuri aya matangazo abiri yasohowe n’ibiro bibiri bikomeye mu Bubiligi na USA, bemeza ko koko “umwenegihugu wa EU” arengana, babinyujije mu itora ryemejwe na 660 muri 680 baryitabiriye.

Nyuma y’ubu bwiganze bw’amajwi yemeza ko Rusesabagina arengana, aba badepite basabye Leta y’u Rwanda kurekura Rusesabagina, akoherezwa, “hatitawe ku kuba yarahamijwe ibyaha cyangwa se ari umwere”.

Perezida Kagame muri iki kiganiro, yagaragaje ko abasaba ko Rusesabagina arekurwa ari abamufashije kubakira izina “muri filimi y’inkuru mpimbano (fiction)” yitwa Hotel Rwanda yatunganyijwe n’ikigo Hollywood, yatumye aba icyamamare.

Ati: “Ikibazo kiri hanze gishingiye kuri sitati y’ubwamamare yakorewe. Abantu bamwubakiye sitati y’ubwamamare barashaka ko arekurwa batitaye ku bazize ibikorwa bye cyangwa se abo bareganwa.” Aba yise ‘abanyembaraga’ ngo baravuga bati: “Oya, uyu muntu twamugize icyamamare. Ibyo yakoze byose ntibitureba, agomba kurekurwa kubera ko ari umuturage wa US akaba n’umwenegihugu w’u Bubiligi.”

Umukuru w’igihugu yavuze ko aba basaba ko Rusesabagina arekurwa birengagiza ko inzego zo mu Bubiligi na USA zishinzwe ubutabera zafashije u Rwanda kumukoraho iperereza kuri buri kimwe mu gihe kijya kugera ku myaka 10.

Aba ngo barirengagiza ko nyirubwite yagiye atangariza mu ruhame ko ayobora umutwe witwaje intwaro urwanya ubutegetsi wagiye ugaba ibitero turutse cyane cyane mu Burundi na rimwe na rimwe muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, RDC, akanawutera inkunga, hakaba ubwo agiriye ingendo mu bihugu byo mu karere muri gahunda iwerekeye. Ati: “We ubwe yitangiye ibimenyetso by’uko yari umwe mu bawugize. Biri mu bubiko (record). Ntabwo yigeze anabihakana.”

Perezida Kagame yavuze ko kandi urubanza rwa Rusesabagina rwabereye mu rukiko rubifitiye ububasha, mu ruhame, rubonwa na bose, kandi ko ibimenyetso byeretswe rubanda. Muri uru rubanza, ngo abareganwaga na we hafi ya bose uko ari 20 bagiye bamushinja.

Ngo ibi byose aba banyembaraga ntibabihakana keretse kuvuga gusa ko bashaka ko Rusesabagina arekurwa, bashingiye ku mbaraga bafite.

Yavuze ko u Rwanda ruzakomeza kwita ku mutekano w’abaturage barwo rwubahiriza amategeko, bo bazakomeze bavuga ku nkuru za Hollywood. Ngo uburenganzira bw’Abanyarwanda burangana n’ubw’Ababiligi, Abanyamerika n’abandi imbere y’amategeko.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *