Igitero cya bombe cy’Abatalibani ku mujyi wo muri Pakistan cyahitanye 6 abandi barakomereka

Sangiza iyi nkuru

Ibiro Ntaramakuru by’Abanyamerika (AP) byatangaje ko ingabo z’abatalibani zishe abantu batandatu mu gitero cyagabwe ku mujyi wa Chaman ku Cyumweru, nk’uko ingabo za Pakistan zibitangaza. Chaman, ni umujyi uri ku mupaka wa Afghanistan na Pakistan, ahakomeje guteza guhangana hagati y’ibihugu byombi .

Ingabo za Pakistan zavuze ko ingabo za Afghanistan (abahoze ari abarwanyi b’Abatalibani) bahitanye abantu batandatu abandi 17 barakomereka, mu gihe umuganga wo mu bitaro bya leta mu mujyi uhana imbibi n’uyu yabwiye AP ko abantu 27 bakomeretse bazanywe mu kigo kugira ngo bavurwe.

Igisirikare cya Pakistan cyavuze ko cyashubije ibisasu byavuye muri Afghanistan, ariko nticyatanga amakuru arambuye. Muri Afghanistan, umuvugizi wa Guverineri wa Kandahar, Ataullah Zaid, yatangaje ko igisubizo cya Pakistan cyahitanye umurwanyi umwe w’umutalibani abandi 10 barakomereka, hakomereka abasivili batatu.

Iyi nkuru ivug ko umujyi wa Chaman uherereye ku muhanda munini uhuza umujyi wa Quetta wo muri Pakistan na Kandahar, umujyi wa kabiri munini wa Afghanistan. Ni ihuriro ry’ubucuruzi bwambukiranya umupaka hagati y’ibihugu byombi, ariko kwambuka umupaka wa Chaman byafunzwe mu gihe kirenga icyumweru mu kwezi gushize nyuma y’iraswa ry’umurinzi wo muri Pakistan.

Nubwo Pakistan ifatwa nk’inshuti ya Amerika, yahaye inkunga ya gisirikare n’amafaranga abatalibani mbere ndetse no mu gihe cy’intambara ya Amerika muri Afghanistan.

Kuri ubu ariko, umubano wifashe nabi, kandi abenegihugu ba Pakistan bari kubaka uruzitiro rurerure ku mupaka w’iki gihugu na Afghanistan bagiye bagabwaho ibitero n’abarwanyi b’abatalibani mu mezi ashize, mu gihe Pakistan yagabye ibitero bya drones mu rwego rwo kubisubiza.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *