Uruganda rutunganya ingufu kirimbuzi rwatewe na ‘kirogoya’ umunsi umwe nyuma y’uko rwerekanye ibyuma bishya byo gutunganya no kwigwizaho uranium, nk’uko abategetsi babitangaje. Ali Akbar Salehi ukuriye gahunda yo gutunganya bene izi ngufu za Iran ntabwo yavuze uwo bashinja icyo “gikorwa cy’iterabwoba kirimbuzi”, ku cyumweru cyahagaritse amashanyarazi ku ruganda rwa Natanz ruri mu majyepfo y’umurwa mukuru Tehran. BBC dukesha iyi nkuru ivuga ko ibitangazamakuru bya leta muri Israel bivuga ko amakuru bikesha abo mu nzego z’ubutasi ari uko ari igitero cya mudasobwa cya Israel (cyber-attack). Leta ya Israel ntacyo iratangaza ku byabaye. Gusa mu minsi ishize yongereye ibikorwa byo kuburira Iran kuri gahunda yayo y’ingufu za kirimbuzi. Iki gitero kuri Iran cyabaye mu gihe hari umuhate wa dipolomasi wo kubyutsa amasezerano ya 2015 kuri izi ngufu – ayo Amerika itegekwa na Trump yavuyemo mu 2018. Kuwa gatandatu, Perezida Hassan Rouhani wa Iran yafunguye ibikoresho bishya bitunganya uranium ku ruganda rwa Natanz mu muhango waciye kuri televiziyo uri kuba. Ibyo bikoresho (centrifuges) ni ibikenewe mu gukora imbaraga kirimbuzi ndetse n’intwaro kirimbuzi. Ni ikindi gikorwa kinyuranyije n’amasezerano ya 2015, yemerera gusa Iran gukora no kubika uranium nkeya yo gukoresha mu ngufu z’amashanyarazi. Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV
XMA Header Image
Impaka: Kuki urupfu rukunze kwibasira abantu b’imico myiza ? | Igisubizo na Pasteur Ntambabazi


