Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda (IGP), Dan Munyuza, ari mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu muri Namibia ku butumire bwa mugenzi we Lt. Gen Sebastian Haitota Ndeitunga uyobora Polisi ya kiriya gihugu.
Ku wa Kabiri tariki ya 30 Kanama, IGP Munyuza yitabiriye umuhango wateguwe na Polisi ya Namibia wo kuzenguruka mu muhanda ukorwa, hagamijwe guhindura ubuyobozi bwa Polisi ya Namibia. Ni umuhango biteganijwe ko uba kuri uyu wa 31 Kanama, ukabera muri Kaminuza ya Polisi ya Isiraheli Patrick Iyambo iherereye i Windhoek mu murwa mukuru.
Uyu muhango biteganyijwe ko uberamo ihererekanyabubasha hagati ya Lt. Gen Ndeitunga ugiye mu kiruhuko cy’izabukuru nyuma y’imyaka 17 ayobora Polisi ya Namibia, na Maj Gen Joseph Shimweelao Shikongo uri bumusimbure.
Umuhango wo kuzenguruka imihanda ukorwa hagamijwe ko abaturage basezera umuyobozi wa Polisi ucyuye igihe, banakira umuyobozi wa Polisi mushya.
IGP Munyuza kandi nk’uko Polisi y’u Rwanda yabitangaje, yanasuye icyicaro gikuru cya Polisi ya Namibia; agirana ibiganiro na Lt. Gen Sebastian Ndeitunga cyo kimwe na Maj Gen Joseph Shikongo.
Ni ibiganiro byanitabiriwe n’umuyobozi wa Polisi wungirije ushinzwe imiyoborere, Maj Gen Anne-Marie Nainda, n’abandi bayobozi batandukanye muri Polisi ya Namibia.
Polisi y’u Rwanda n’iya Namibia zisanzwe zifitanye umubano kuva mu Ugushyingo 2015, aho Polisi zombi zishimira umubano mwiza zifitanye muri gahunda zitandukanye mu bijyanye no gucunga umutekano, no guhanahana abarimu n’abatoza mu nzego zitandukanye.
Abapolisi bakuru 15 ba Namibia nibo bamaze gusoza amasomo ya ba ofisiye bakuru mu ishuri rikuru rya Polisi y’ u Rwanda, mu gihe umupolisi umwe akaba ari kwiga amasomo nk’aya muri iri shuri. Abapolisi babiri kandi nibo basoje amasomo abinjiza mu rwego rwa ba Ofisiye bato mu ishuri rya Polisi y’u Rwanda.
Ku rundi ruhande abarimu ba Polisi Band ya Namibia bagize uruhare runini rwo guhugura abapolisi b’u Rwanda bo mu ishami rya Polisi Band kugeza ku rwego rwa gatanu.


