Ikibazo gikunze guteza imirwano hagati y’ingabo za RDC na Zambia kigiye gukemurwa

Sangiza iyi nkuru

Impuguke za Repubulika haranira emokarasi ya Congo n’iza Zambia kuva kuri uyu wa Gatanu ushize ziri Pweto, ku mupaka w’ibihugu byombi aho zigiye gufatanya kongera kugaragaza imbago zibigabanya hagati y’ibiyaga bya Moero na Tanganyika, aho zinyura hatavugwaho rumwe ndetse mu minsi ishize ingabo z’ibihugu byombi zikaba zaraharwaniye.

Ibirometero birenga 200 nibyo birebwa n’iyi mirimo yo kongera kugaragaza imbago. Umupaka uriho wasizwe n’Abakoloni kandi uko wakaswe bikomeje guteza impaka.
Umwe mu bayobozi b’intara ati “DR Congo irambiwe aya makimbirane. Ubu hashize amezi atari make, ingabo za Zambia zigaruriye imidugudu myinshi yo mu karere kacu, inzibutso nyinshi zarasenyutse kandi zirimurwa ”.

Impuguke zivuga ko mu 1989, habaye amasezerano hagati y’ibihugu byombi, ariko haracyari urujijo no gukozanyaho amahembe hagati ya Zambia na RDC kuri uyu mupaka kandi ingabo z’ibihugu byombi zakunze kuharwanira bya hato na hato kuva mu 1996, nyuma y’imyaka 7 bigiranye amasezerano.

Muri Werurwe 2020, na none imirwano yaradutse hapfa umuntu umwe kuri buri ruhande ubwo ingabo za Zambia zigaruriraga ibiturage bibiri mu Ntara ya Tanganyika nk’uko iyi nkuru dukesha Mediacongo.net ikomeza ivuga.

“Ingabo za Zambia kuri ubu ziri ku butaka bwa Congo,” uyu ni Joseph Mulunda wo muri Sosiyete Sivile ya Kalemie, muri RDC. Avuga ko izi ngabo zigaruriye igiturage cya Kanianga, mu Ntara ya Tanganyika.

Ingabo za Zambia kandi mu mwaka ushize zamaze ibyumweru byinshi zarigaruriye ibiturage bya Kubanga, Kalubamba na Moliro zivuga ko ziri ku butaka bwa Zambia.

Ku ruhande rwa Zambia, umudipolomate wayo uri i Lubumbashi yavuze ko imirimo y’izi mpuguke nigaragaza ko ibiturage ibihugu byombi birwanira ari ibya RDC, igisirikare cya Zambia kizahava.

Impuguke z’ibihugu byombi zikaba zirimo kwifashisha ibikoresho bikorana na satellite na za GPS mu kongera kugaragaza imbago.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *