Ikimasa cyavunitse amaguru yose ubwo cyari cyazanwe mu birori mu cyaro ca Mejorada Del Campo mu gihugu cya Esipanye.

Inkuru dukesha Dailymail ivuga ko iki kimasa cyavunitse amaguru yose ubwo cyavanwaga mu modoka yari ikizanye mu birori agishyiraga hanze ngo kigire uruhare mu kwiruka.

Ababibonye bavuga ko ahanini byatewe n’uko iki kimasa cyasimbutse ahantu harehare bigatuma kivunika.

[penci_related_posts taxonomies=”undefined” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” displayby=”recent_posts” orderby=”random”]
Ishyaka Riharanira ukwitabwaho kw’inyamaswa (PACMA) rivuga ko ibyabaye ari ihohoterwa rikorerwa inyamaswa kandi ko abaturage bakwiye kuritera ingabo mu bitugu kugira ngo itegeko rirengera inyamaswa ribe ryavugururwa muri Esipanye.



