Ikipe y’u Rwanda y’umupira w’amaguru y’abagore “Amavubi’’ yamaze gukurwa ku rutonde rw’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi FIFA ( Federation International de Football Association) .
Uru rutonde rusohoka nyuma ya buri mezi atatu. Urutonde FIFA yasohoye ku wa Gatanu tariki ya 23 Werurwe 2018, Amavubi y’abagore ntabwo ahagaragara. Iyi kipe imaze igihe kirekire kigera ku mwaka n’igice idakina umukino mpuzamahanga bikaba aribyo byatumye FIFA ikura u Rwanda ku rutonde.
FIFA yashyize u Rwanda kuri uru rutonde muri 2014. Urutonde ruheruka gusohoka mu Ukuboza 2017 Amavubi yari ku mwanya 105 ku isi. Kugeza ubu no muri aka karere ka Afurika y’i Burasirazuba, Kenya nicyo gihugu cyonyine kigaragara kuri uru rutonde.
Dore ibihugu 5 bya mbere ku isi uko bikurikirana :
1 Amerika
2 Ubwongereza
3 Ubudage
4 Canada
5 Ubufaransa
Ibihugu 5 bya mbere muri Afurika
1 Nigeria
2 Ghana
3 Cameroun
4 Afurika yepfo
5 Guinea Equatorial

Nkurunziza Viateur Bwiza.com


