Ikipe ya Rayon Sport ntikigiye mu irushanwa rya StarTimes

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Rayon sport yagombaga kwitabira irushanwa ryateguwe n’ikigo cya startimes ryagombaga kuzahuza amakipe akomeye yo mu karere, kuri ubu amakuru aturuka mu ikipe ya Rayon sport aravuga ko iyi kipe atakitabiriye iri rushanwa kuko yabwiwe ko ryimuwe.
[ad id=”8″]
Iri rushanwa ryagombaga kuzatangira ku itariki ya 16 kugeza ku ya 23 Ukuboza 2016, iri rushanwa ryari ryatumiwemo amakipe akomeye yo muri Afurika, mu Rwanda ryari ryatumiwemo ikipe ya Rayon Sport
N’ubwo ubuyobozi bwa Startimes butatangaje impamvu yatumye iri rushanwa ryimurwa, bwatangaje ko iri rushanwa rizaba mu kwezi kwa karindwi 2017
Umunyamabanga w’ikipe ya Rayon Sport Gakwaya Olivier yemereye kigalitoday ko iri rushanwa ritakibaye.
Iri rushanwa ryari ryaratumiwemo amakipe akomeye nka KCCA yo muri Uganda, TP Mazembe yo muri Congo, Liga Desportiva yo muri Mozambique, Gor Mahia yo muri Kenya, Vital’O y’i Burundi, n’amakipe yo muri Tanzania
[ad id=”8″]
Amadolari y’Amerika ibihumbi 50 niyo yari kuzahabwa ikipe izegukana iri rushanwa, mu mwaka wa 2015, hari irindi rushanwa Star Times yateguye nabwo mu mpera z’umwaka ryaje kwegukanwa na AS Kigali ryabereye mu Rwanda.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Schadrack@bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *