Ikipe ya Rayon Sports yatsinze igitego 1-0 ikipe ya LLB S4A FC yo mu Burundi mu mukino wo kwishyura, mu irushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo (Total CAF Champions League).
Ni umukino wabaye ku wa Kane tariki ya 21 Gashyantare 2018, ukaba wabereye mu Burundi, mu gihe uwabanje amakipe yose yari yanganyije igitego 1-1 i Kigali.
Mu gihe byatangazwaga ko abakinnyi ba Rayon Sports bashyiriweho agahimbazamusyi ka miliyoni 12 bagombaga guhabwa babashije kunyagira iyi kipe ya LLB y’i Burundi, aba bakinnyi bakinanye ishyaka ridasanzwe. Nyuma yo kwesa uyu muhigo ubu umukino ifite imbere ni uwo izakina na Mamelodi Sundowns yo muri Afurika y’Epfo.
Rayon Sports ikomeje kwitwara neza ikazabasha kwivana imbere y’iyi kipe yo muri Afurika y’Epfo, yahita ikomeza mu mikino y’amatsinda afatwa nka 1/8. Mu gihe yaba yasezerewe yahita isanga APR FC mu marushanwa y’amakipe yatwaye ibikombe iwayo (Total CAF Confederation Cup).
Igitego cya Rayon Spots cyatsinzwe na Tchabalala Shaban Hussein ku munota wa 30 w’umukino, ubwo yari ahawe umupira mwiza na Nahimana.
Umukino wa Rayon Sports na LLB S4A FC wabareye kuri Sitade yitiriwe intwari Rwagasore (Stade Prince Louis) ukaba wari umukino wari urimo ishyaka ryinshi dore ko ari amakipe y’ibihugu by’ibituranyi.



