Shema Ngoga Fabrice, umukandida wenyine wemerewe kwiyamamaza mu matora ya FERWAFA, yatangaje imigambi mishya agifite ku guteza imbere Shampiyona y’u Rwanda mu gihe yatorwa.
Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye muri imwe muri hoteli zikomeye i Kigali ku mugoroba wo ku wa 14 Kanama 2025, yavuze ko azazamura ibihembo bihabwa amakipe yo mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri, mu bagabo no mu bagore.
Mu bagabo, ikipe izegukana igikombe cya Shampiyona y’icyiciro cya mbere izajya ihabwa miliyoni 80 Frw, iya kabiri miliyoni 60, iya gatatu miliyoni 40, iya kane miliyoni 30, iya gatanu miliyoni 25, iya gatandatu miliyoni 20, iya karindwi miliyoni 15, naho iya munani miliyoni 10.
Mu cyiciro cya kabiri, ikipe ya mbere izahabwa miliyoni 25, iya kabiri miliyoni 20, iya gatatu miliyoni 15, iya kane miliyoni 13, iya gatanu miliyoni 11, iya gatandatu miliyoni 9, iya karindwi miliyoni 7, naho iya munani miliyoni 5.
Mu bagore, ikipe ya mbere mu cyiciro cya mbere izahabwa miliyoni 20, iya kabiri miliyoni 15, iya gatatu miliyoni 10, iya kane miliyoni 8, iya gatanu miliyoni 6, naho iya gatandatu miliyoni 4. Mu cyiciro cya kabiri, amakipe azagabana miliyoni 10, aho iya mbere izajya ihabwa miliyoni 3.
Ibi bihembo byose bizasaba nibura miliyoni 484 Frw, harimo miliyoni 280 azahabwa amakipe yo mu cyiciro cya mbere cy’abagabo, miliyoni 105 ajya mu cyiciro cya kabiri cy’abagabo, hakiyongeraho ay’abagore.
Ku mbuga nkoranyambaga, benshi bishimiye iyi gahunda bavuga ko izatuma amakipe akina ashyize imbaraga, bityo Shampiyona ikarushaho gukomera.
Amatora ya FERWAFA ateganyijwe ku wa 30 Kanama 2025 ku cyicaro cyayo giherereye i Remera.


