Imfungwa yarumye ubugabo bwa mugenzi wayo ajyanwa mu bitaro

Sangiza iyi nkuru

Imirwano yabaye hagati y’imfungwa ebyiri muri Ghana yasize umwe mu bagabo babiri barwanaga, arumye undi ubugabo (amabya), akomereka bikomeye ajyanwa kwa muganga.

Raporo ya Polisi ya Ghana ivuga ko ibi byabaye kuwa Kane w’icyumweru gishize muri kasho ya polisi ya Tafo Pankrono, mu gace ka Ashanti.

Iyi raporo yabonywe na dailymailgh.com ivuga ko uwitwa Awudu Abdulai, yarumye ubugabo bwa Jafaru Boakye ubwo barwanaga, akumutera ibikomere bishobora gushyira ubuzima bwe mu kaga.

Ntiharamenyakana impamvu yatumye barwana nk’uko raporo ya polisi ivuga.

Jafaru Boakye yihutishirijwe kwa muganga ku bitaro bya Leta bya Tafo, ahita abagwa.

Awudu Abdulai byari biteganyijwe ko azagezwa mu butabera mu ntangiro za Nzeri 2021 ngo aburanishwe kuri icyo cyaha.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *