Imfungwa z’Abanyamerika zarekuwe muri Koreya ya Ruguru zakiriwe na Perezida Trump

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yakiriye imfungwa eshatu baherutse kurekurwa muri Koreya ya Ruguru, avuga ko kuri we ari abantu bakomeye.

Avugana n’itangazamakuru ku kibuga cy’indege za gisirikare “Andrews Air Force Base” Trump yavuze ko Kim Hak-song, Tony Kim na Kim Dong-chul bari bafungiye muri Koreya ya Ruguru, ari bantu bakomeye, ko cyane byari bikwiye kugira icyo abafasha.

Babiri muri abo bagabo bigisha kuri kaminuza yatangijwe n’abakirisitu muri Koreya ya ruguru, uwa gatatu nawe ni umupasiteri.

Barekuwe ubwo Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Amerika, Mike Pompeo yagiriraga urugendo muri Koreya ya Ruguru, rugamihe gutsura umubano w’amerika n’amahanga, ari nako ategura inama iteganyijwe hagati ya Trump na Perezida Kim Jong-un wa Koreya ya Ruguru.

Abicishije ku rukuta rwe rwa twitter, Trump yatangaje ko aba bagabo bareku ku wa Gatatu tariki ya 9 Gicurasi 2018. Kim Hak-song, Tony Kim na Kim Dong-chul bakaba bari bafunzwe bashinjwa kurwanya Leta ya Koreya ya Ruguru.

Kanda Subscribe kuri Bwiza TV ujye ubona videwo zigezweho z’ubuzima,imikino,imyidagaduro…

YouTube player

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *