Imfungwa z’intambara zirenga 50 z’Abanya-Ukraine zishwe

Sangiza iyi nkuru

Ukraine yasabye ko umuryango w’abibumbye (ONU/UN) n’umuryango utabara imbabare, Croix-Rouge, bemererwa gukora iperereza ku mpfu z’imfungwa zirenga 50 z’intambara z’Abanya-Ukraine, mu gitero mu gace kigaruriwe.

Croix-Rouge yavuze ko irimo gusaba kugera kuri iyo gereza kugira ngo ifashe mu guhungisha no kuvura abakomeretse.

Ukraine n’Uburusiya buri gihugu cyashinje ikindi kugaba igitero kuri iyo nkambi bari bafungiwemo.

Videwo y’Uburusiya itagenzuwe ya nyuma y’icyo gitero igaragaza ikirundo cy’ibitanda bigerekeranywa byasenyutse hamwe n’imirambo yabaye amakara.

Biracyari urujijo kumenya bya nyabyo icyabaye muri iyo nkambi y’imfungwa y’i Olenivka, igenzurwa n’abaharanira ubwigenge bashyigikiwe n’Uburusiya bo mu yiyise Repubulika ya Rubanda ya Donetsk.

Ukraine ivuga ko aho hantu hibasiwe n’Uburusiya mu gikorwa cyo gusenya ibimenyetso by’iyicwarubozo (kuborezwa igufa mu Kirundi) n’ubwicanyi. Perezida Volodymyr Zelensky yavuze ko ibyabaye ari “icyaha cyo mu ntambara cyakozwe n’Uburusiya ku bushake”.

Uburusiya bwo bwavuze ko iyo nkambi yarashweho n’ibisasu bya rokete bidahusha bya Ukraine.

Abafungiwe muri iyo nkambi bivugwa ko bari barimo n’abo muri batayo ya Azov, bafashwe mu kwezi kwa gatanu barwana ku mujyi wa Mariupol wo mu majyepfo kandi Uburusiya bwashatse kugaragaza nk’aba Nazi bashya n’abakoze ibyaha byo mu ntambara.

Soma Izindi Nkuru

The Ben ari mu bitaro

April 16, 2026

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *