Ku mbuga nkoranyambaga hirya no hino hakomeje gucicikana amafoto ndetse n’amashusho ya Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta abyinana n’itsinda ry’abasore ubwo bari bamusuye iwe mu ngoro.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Aya mafoto atavuzweho rumwe, aherekejwe n’amagambo ya bamwe mu baturage bo muri kiriya gihugu bajora impamvu abyina yishimye mu gihe abaturage mu gihugu cye bari kwicwa n’inzara abandi barimo abaganga bamaze igihe mu mihanda bigaragambya kubera kudahembwa.

Kuri uyu wa gatatu, nibwo itsinda ry’ababyinnyi rizwi nka FBI ryasuye Perezidansi ya Kenya risusurutsa perezida Kenyatta ndetse na bagenzi be bakorana ndetse bakaba bari baje banitwaje imyenda yo kubyinana aho na we bari bamugeneye imyenda yihariye yo kubyinana ijya gusa n’iyabo.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Iyi mbyino y’iri tsinda ry’abasore yari igamije gukangurira urubyiruko kwitabira amatora ndetse no gutora neza, yatumye Perezida Kenyatta nawe ahaguruka aranyeganyega akora nk’ibyo bakora.
(


[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Ku rubuga rwa Twitter, abanyepolitiki batandukanye batavuga rumwe na leta ya Kenya bajoye imyitwarire ya Perezida Kenyatta yo kubyina agaragaza ibyishimo bidasanzwe aho guhangayikishwa n’ubuzima

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@Bwiza.com


