Umufaransa Kylian Mbappé nyuma yo kongera amasezerano muri Paris Saint-Germain, asa n’uwahindutse ‘boss’ wayo ndetse na nyirayo kubera uburyo akomeje kwitwara muri iyi kipe y’i Paris.
Kugeza ubu uyu rutahizamu ukiri muto akomeje gushinjwa kuba ‘nyamwigendaho’, bitewe n’ubufatanye buke bukomeje kumuranga hagati ye na bagenzi be.
Imibare iheruka gutangazwa n’imwe mu mateleviziyo yo mu Bufaransa, irerekana ko umubano mu kibuga utari nta makemwa hagati ya Mbappé na bagenzi be, Lionel Messi na Neymar basanzwe bakinana.
Aba bakinnyi uko ari batatu, kuva uyu mwaka w’imikino utangiye bamaze gukinira PSG imikino 10, irimo umunani ya Shampiyona y’Abafaransa ndetse n’ibiri ya UEFA Champions league.
Imibare yerekana ko muri iyi mikino uko ari batatu bamaze kugira uruhare mu bitego 40; ukuvuga ibitego 27 bamaze gutsinda ndetse n’imipira yavuyemo ibitego bagiye bahanahana.
Nka Neymar Jr amaze kugira uruhare mu bitego 19, kuko amaze gutsinda ibitego 11 ndetse akanatanga imipira umunani imaze kuvamo ibitego. Ibiri muri iyi mipira yayihaye Lionel Messi mu gihe Kylian Mbappé yamuhaye itatu.
Mbappé kugeza ubu we amaze gutsinda ibitego 10, gusa nta mupira n’umwe ubyara igitego aratanga kuri bagenzi be.
Ni mu gihe Messi amaze kugira uruhare mu bitego 14 birimo bitandatu amaze gutsinda ndetse n’imipira umunani yavuyemo ibitego amaze gutanga.
Uyu munya-Argentine mu mipira yavuyemo ibitego amaze gutanga, itanu muri yo yayihaye Kylian Mbappé, mu gihe itatu yindi yayihaye Neymar Jr.
Kuba Messi na Neymar bafashanya mu gutsinda ibitego hagati yabo ubwabo ndetse bakanahindukira bagafasha Mbappé kugeza ubu utaragira ikintu na kimwe abafasha, ibi abenshi barabiheraho bashinja Mbappé kuba nyamwigendaho.
Uyu Mufaransa arashinjwa kwigendaho mu gihe mu minsi yashize yavuzweho gushwana cyane na Neymar, gusa bikaza kurangira bombi biyunze.
Mbappé mu minsi yashize kandi na bwo yagarutse mu itangazamakuru nyuma yo kumvikana ashinja umunya-Maroc Achraf Hakimi kuba atamuhereza imipira.


