Ngo bishobora kutoroha kubyumva ariko ubushakashatsi bushya ngo bwasanze imiryango ikabakaba 8,000 y’Abanyarwanda yarazimye burundu muri Jenoside ykaorewe Abatutsi mu 1994, aho nta muntu n’umwe wigeze arokoka muri iyi miryango.
Ubu bushakashatsi bwakozwe n’ihuriro ry’abarokotse rya GAERG bugakorerwa mu turere 17 muri 30 tugize u Rwanda, bugaragaza ko imiryango 7,797 yazimye burundu mu gihe cy’iminsi 100 yakorewemo jenoside.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Abashakashatsi bakaba bavuga ko abantu bose; abari bageze mu zabukuru, abagore, abagabo n’abana bo muri iyi miryango bose bishwe ntihagire n’umwe urokoka. Iri tsinda rikaba ryarasanze abantu 34,823 bari bagize iyi miryango barishwe.
Iyi nkuru dukesha KTPress irakomeza ivuga ko kuri uyu wa Gatandatu, itariki 27 Gicurasi mu Karere ka Rubavu hateganyijwe imihango yo kwibuka iyi miryango yazimijwe.
Ubu bushakashatsi ngo bumaze imyaka bukorwa, ariko muri uyu mwaka gusa, GAERG yamenye imiryango 886 yari igizwe n’abantu 4,256 bose bishwe mu turere twa Rutsiro, Rubavu na Nyabihu, twose two mu Ntara y’Iburengerazuba.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


