Imitwe ya politiki n’iyitwaje intwaro 7 yamaze kwiyunga n’uwa TPLF hamwe na OLA mu rugamba rwo kurwanya ingabo za Leta, zihuje umugambi wo gukura igihugu mu maboko y’ubutegetsi bwa Minisitiri w’Intebe Abiy Ahmed.
Ubufatanye bw’iyi mitwe bwashyizweho umukono kuri uyu wa Gatanu tariki ya 5 Ugushyingo 2021, ihuriro ryayo rikaba ryahawe izina rya United Front of Ethiopian Federalist Forces.
Umuvugizi wa OLA (Oromo Liberation Army) yahamirije ibiro ntaramakuru by’Abanyamerika, Associated Press dukesha iyi nkuru, ko amasezerano yo kurema iri huriro yasinywe ariko avuga ko gukura Abiy Ahmed ku butegetsi bizagirwamo uruhare n’abo bireba bose, barimo n’abagize guverinoma.
Iyi mitwe ihuje imbaraga nyuma y’aho iyi ibiri isanzwe ihanganye n’ingabo za Leta kuva mu Gushyingo 2020 itangarije ko yafashe ibice birimo Dessie na Kombolcha muri Amhara, kandi ifite umugambi wo gufata n’umurwa mukuru w’igihugu, Addis Ababa igakuraho ubutegetsi bwa Abiy.
Gusa ku ruhande rwa Leta, yo irahamagarira igisirikare n’abasivili kwambarira urugamba, bakarwanya iyi mitwe yitwaje intwaro. Mu itangazo yasohoye, Abiy Ahmed yavuze ko TPLF na OLA imeze nk’imbeba yayobye umwobo, itegereje urupfu mu kwerekana ko gufata ibi bice byo muri Amhara bisa no kuyoba inzira.


