Imodoka y’umuntu wegereye bya hafi Perezida Volodymyr Zelenskyy wa Ukraine kuri uyu wa Gatatu yarashweho urufaya rw’amasasu mu cyo ubuyobozi bufata nko kugerageza kumwivugana.
Amasasu agera ku 10 ni yo yafashe imodoka yari itwaye uyu muntu wa hafi mu bafasha perezida (Principal Aide) ubwo yari igeze hafi y’agace ka Lesnyky, mu birometero nka bitanu usohotse mu murwa mukuru, Kiev, nk’uko itangazo ryasohowe na polisi rivuga.
Umushoferi we yakomerekeye muri iki gico mu gihe polisi ivuga ko hafunguwe ikirego ku mugambi wo kugerageza ubwicanyi.
Davyd Arakhamia, umwe mu badepite bahagarariye ishyaka rya perezida Zelensky, avuga ko Serhiy Shefir w’imyaka 57, umwe mu bayobozi begereye perezida uyoboye itsinda ry’abajyanama be, yarokotse ntacyo yabaye.
Arakhamia avugana n’Ibiro Ntaramakuru, RIA Novosti, yagize ati “ Navuganye nawe gato, buri kimwe kimeze neza, ni muzima kandi ameze neza,”

Zelenskyy, wageze ku butegetsi asezeranya kurwanya abakire bakora ibyo bashatse mu gihugu no kurwanya ruswa, kuri ubu ari muri Amerika aho yitabiriye Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye.
Umujyanama we, Mykhailo Podolyak. avuga ko impamvu yaba yatumye mugenzi wabo araswaho ari ukubera ko Perezida arimo kugerageza kurwanya aba baherwe.


