Mushikiwabo, Sama na Perezida wa Tunisia mu ifoto imwe

Impamvu yatumye RDC yisubira ku kwanga gutora Mushikiwabo

Sangiza iyi nkuru

Guverinoma ya RDC yari ifite gahunda yo kwanga gutora Umunyarwandakazi Louise Mushikiwabo muri manda ya kabiri nk’Umunyamabanga Mukuru w’umuryango w’ibihugu bivuga ururimi rw’Igifaransa, OIF.

Umwe mu bagize itsinda rya guverinoma ya RDC ryitabiriye inama y’iminsi ibiri ya OIF iri kubera mu mujyi wa Djerba muri Tunisia kuva kuri uyu wa 19 Ugushyingo 2022, yabwiye ikinyamakuru Infos ko igihugu cye cyari gifite umugambi wo kwanga gutora Mushikiwabo wari umukandida rukumbi.

Gusa ngo ijambo aherutse kuvugira mu kiganiro yagiriye kuri TV5 ryatumye guverinoma ya RDC yisubira, yemera kumutora nk’uko n’ibindi bihugu bigize OIF bose byabigenje.

Byatewe n’uko ngo Mushikiwabo yirinze kugira uruhande abogamiraho ku kibazo cya Leta ya RDC, umutwe witwaje intwaro wa M23 ndetse na Leta y’u Rwanda.

Muri iki kiganiro, Mushikiwabo wateguraga inama ya OIF yagize ati: “U Rwanda, RDC n’u Burundi, ibihugu byo mu karere byafashe umwanzuro w’uko ari ngombwa kurandura iyi mitwe yitwaje intwaro. Itazarambika intwaro, ikarwanywa kandi ikaranduka. Kubera iki ibi bidakorwa? Ni ikibazo. Ese twasubira mu masezerano yasinywe mu myaka irenga 10 ishize? Birebana n’ubushake bwa politiki. Biroroshye.”

Ikindi kimenyetso cyo gushyigikira Mushikiwabo cyagaragaye ubwo Minisitiri w’Intebe wa RDC, Michel Sama Lukonde, yahaga ikiganza uyu Munyamabanga Mukuru wa OIF, bakanifotozanya. Ifoto yarimo na Perezida wa Tunisia, Kaïs Saied.

Sama ahagarariye Perezida Félix Tshisekedi wa RDC muri iyi nama, aho byasobanuwe ko atazayitabira bitewe n’imirwano y’ingabo za Leta na M23 iri kubera ntara ya Kivu y’Amajyaruguru mu burasirazuba bw’igihugu cye.

Mushikiwabo ni Umunyamabanga Mukuru wa OIF kuva muri Mutarama 2019.

Mushikiwabo, Sama na Perezida wa Tunisia mu ifoto imwe
Mushikiwabo, Sama na Perezida wa Tunisia mu ifoto imwe

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *