Impinja 10 zishwe n’inkongi y’umuriro yibasiye ibitaro

Sangiza iyi nkuru

Impinja 10 zari ziherereye aho babyarira mu bitaro byo muri Leta ya Maharashtra, mu Buhinde, kuri uyu wa Gatandatu zishwe n’inkongi y’umuriro yibasiye ibi bitaro, mu gihe izigera muri zirindwi zatabawe n’abakozi.

Ibi byabereye mu Bitaro by’Akarere ka Bhandara, aho abakozi b’ibitaro basubiye inyuma batabashije gutabara abandi bana 10 nk’uko byatangajwe n’umuganga mukuru w’ibi bitaro avugana na AFP.

Abana bose bapfuye bari hagati y’iminsi n’amezi atatu nk’uko amakuru yagiye ahagaragara avuga.

Uyu muganga mukuru witwa Khandate ati “Impamvu yateye inkongi ntabwo iramenyekana ariko abakozi bacu bazimije umuriro vuba uko bari bashoboye. Umwotsi watumye abana babura umwuka.”

Biravugwa ko abaforomo babonye umuriro uturuka aho babyarira bagahita batabaza bakoresheje ‘alarm’. Abashinzwe kuzimya inkongi babashije kuzimya itarakwira no mu bindi bice by’ibitaro, ndetse abarwayi bimurirwa ahantu hatekanye.

Ubuyobozi bwo muri Leta ya Maharashtra bwasabye ko hakorwa iperereza ku cyateye iyi nkongi, mu gihe Minisitiri w’Intebe, Narendra Modi, abinyujije kuri twitter, yatangaje ko ibitekerezo bye biri kumwe n’imiryango yapfushije.

Usibye Modi kandi, abandi banyapolitiki bo mu Buhinde, barimo uyoboye abatavuga rumwe n’ubutegetsi, Rahul Gandhi, nabo bagaragaje ko bababajwe n’iyi mpanuka yahitanye abana b’abaziranenge.

Mu kwezi kwa Kanama mu mwaka ushize, inkongi y’umuriro nabwo yahitanye abarwayi umunani ba Covid-19 bari barwariye mu bitaro byo muri Ahmedabad, mu gihe abandi batanunabo bari barwaye Covid-19 nabo bahitanwe n’inkongi yibasiye ivuriro riherereye ahitwa Rajkot mu Ugushyingo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *