Impuguke mu gucukumbura ziremeza ko zifite ibimenyetso bigaragaza ko imbunda yahanuye MH17 ari iy’Abarusiya

Sangiza iyi nkuru

Itsinda ry’abanyamakuru bakora inkuru zicukumbuye riravuga ko rifite ibimenyetso bigaragaza ko missile yahanuriye indege ya Maleysian Airliner hejuru ya Ukraine muri Nyakanga 2014 yari iya batayo y’ingabo z’u Burusiya yari iherutse koherezwa muri ako gace. Abantu 298 bari muri iyi ndege bitabye Imana ubwo iyi ndege yavaga Amsterdam igana Kuala Lumpur muri Maleysia yahanurwaga.

35DAC5C0-97DF-4B44-977C-82FBA4FE997D_w640_r1_s_cx0_cy3_cw100 (1)
Ibisigazwa bya MH17 bagerageje guterateranya abakora iperereza

Abakoze iperereza bo ku rubuga Bellingcat.com bavuga ko begeranyije ibimenyetso byinshi bigaragaza ko imbunda irasa missile bita BUK yakorewe mu Burusiya ari yo yakoreshejwe mu guhanura iyi ndege, MH17, ya kompanyi yo muri Maleysia.

Bwana Eliot Higgins washinze Bellingcat, yabwiye VOA hifashishijwe Skype, ko itsinda rye ryabashije kumenya abantu batari bacye bagize uruhare muri iki kibazo bashobora kuba barategetse iraswa ry’iyi ndege.

c51fbd6e-9478-473c-a08d-e7d099ffd2df_tv_w308_h173
Imbunda bivugwa ko yakoreshejwe mu guhanura MH17 ingabo z’u Burusiya ziyiri imbere

Iri tsinda kandi ngo rinafite videos zigaragaza ingabo z’u Burusiya mu burasirazuba bwa Ukraine zashyizwe kuri internet mu masaha n’iminsi yakurikiye ihanurwa ry’indege MH17, ndetse banagaragaza imbunda irasa missile za BUK bikekwa ko ari yo yakoreshejwe.

[youtube http://www.youtube.com/watch?v=F-IDNBVRnj0&w=560&h=315]

Iperereza rya Bellingcat ryanzuye ko nubwo bivugwa ko iyi mbunda yari yarahawe abarwanya ubutegetsi muri Ukraine, ingabo z’u Burusiya nazo zishobora kuba zari zihari zitanga inama muri iki gikorwa.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 
Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *