Komisiyo ishinzwe impunzi muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo itangaza ko kuva leta ya Tanzania yafata umwanzuro wo gusubiza impunzi z’Abarundi mu gihugu cyabo, buri munsi yakira izigera ku gihumbi.
Iyi komisiyo ivuga ko izi mpunzi zicumbikiwe mu nkambi za Sange na Kavimvira ziri mu gace ka Uvira mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, gusa ngo iya Sange yamaze kuzura ku buryo abayigezemo babimurira muri Kavimvira.
Bivugwa ko impunzi zigera muri 300 ari zo zimaze kwimurirwa muri Kavimvira kugira ngo hasigare umwanya wo kwakira n’izindi nshya.
SOS Media yatangaje aya makuru ivuga ko abenshi bari kwakirwa muri Uvira ari abanyeshyaka ba CNL, rimwe mu mashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Burundi, rikaba rihanganye cyane n’umutwe w’urubyiruko rw’ishyaka rya CNDD-FDD witwa Imbonerakure .
SOS ikomeza ivuga ko abarwanashyaka ba CNL baterwa ubwoba n’Imbonerakure ndetse bakanatotezwa, bamwe mu bagore bakabura irengero ry’abagabo babo.
Abahunga bari guturuka mu ntara za Cibitoke, Bubanza, Kayanza, Ngozi na Kirundo.
Perezida wa Tanzania, John Pombe Magufuli aherutse gushishikariza impunzin z’Abarundi gusubira mu gihugu cyazo.
Amagambo ya Magufuli yashimangiraga umugambi ibihugu byombi byagiranye ngo impunzi zisubire mu Burundi gusa byafashwe nk’ubugambanyi kuko ntabwo umutekano wazo wizewe nk’uko Umuryango Mpuzamahanga Uharanira Uburenganzira bwa Muntu (Amnesté International) wabitangaje.
Nyuma yo kubona inyandiko y’ibanga y’u Burundi na Tanzania ivuga ko impunzi z’Abarundi zigomba gutaha ku ngufu [kandi zitabishaka], Seif Magango wungirije Umuyobozi mukuru wa Amnesté International muri EAC, Akarere k’ibiyaga bigari no mu ihembe ry’Afurika yavuze ko bibabaje kubona Tanzania igiye kohereza abantu batabishaka.
HCR yasabye impande zombi kuba ziretse gucura impunzi kuko icyatumye zihunga (umutekano muke no kutubahiriza uburenganzira bwa muntu ) kikiriho, gusa Minisitiri w’Ubutegetsi bw’u Burundi Pascal Barandagiye akavuga ko HCR yabisabye ku bw’inyungu zayo.
Imiryango mpuzamahanga nka ONU/HCR, Amnesté International, Human Right Watch na SADC ivuga ko mu Burundi hakirimo ikibazo cy’umutekano muke no guhonyora uburenganzira bwa muntu ariko ubuyobozi bw’iki gihugu bukabihakana.
Â
Â
Â


