Impunzi z’Abarundi hafi 3,000 zahungiye muri Congo zimukiye mu Rwanda

Sangiza iyi nkuru

Impunzi z’Abarundi zari muri Congo zikabakaba 3,000 kuri uyu wa Gatatu, zambutse umupaka zivuye mu Nkambi ya Kamanyola zinjira mu Rwanda nk’uko umwe mu bayobozi yabyemeje.
Izi mpunzi zabaga muri Congo kuva mu 2015, ziganjemo abagore n’abana, zageze mu Rwanda zinjiriye mu Karere ka Rusizi.
Nk’uko byemejwe na Jean Claude Rwahama, ukuriye ishami rishinzwe ibibazo by’impunzi muri Minisiteri ishinzwe kurwanya Ibiza n’ibibazo by’impunzi,MIDMAR, ngo izi mpunzi zinjiye mu Rwanda mu masaha ya nyuma ya saa sita kuri uyu wa 07 Werurwe, zinyuze ku mupaka wa Bugarama, zivuga ko zihunze umutekano mukeya.
Rwahama yakomeje avuga ko minisiteri itaramenya umubare nyawo w’izi mpunzi zinjiye mu Rwanda kuko imibare y’agateganyo ishingiye kubyo abayobozi b’izi mpunzi bavuze ko byibuze ari 2579.
Izi mpunzi zikaba zabaye zicumbikiwe muri Bugarama mu gihe zitegereje koherezwa mu nkambi ya Nyarushishi muri Rusizi kuri uyu wa kane.
U Rwanda rusanzwe rucumbikiye impunzi z’Abarundi zisaga 50,000 mu Nkambi ya Maham mu Karere ka Kirehe.
Izi mpunzi zavuye mu Nkambi ya Kamanyola, muri Kivu y’Amajyepfo, zikaba zaje zishinja guverinoma ya Congo kugerageza kuzicyura ku ngufu mu Burundi kandi zo zumva hataratekana kuri zo.
Mu mwaka ushize, impunzi z’Abarundi 40 zirimo umwana w’imyaka 10 w’umukobwa mu nkambi ya Kamanyola, zishwe zirashwe n’inzeo z’umutekano za Congo izindi 100 zirakomereka, na none bitewe no gushaka kuzicyura ku ngufu.
Kanda kuri SUBSCRIBE ujye ubona ibiganiro n’indirimbo bishya
Denis Nsengiyumva/bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *