Imyaka 10 irashize uwari Perezida wa Libya kuva mu 1942, Col. Muammar Gaddafi yishwe n’abarwanyaga ubutegetsi bari bashyigikiwe n’ingabo z’umuryango NATO.
Tariki ya 20 Ukwakira 2011 byatangajwe ko Col. Gaddafi yiciwe ku ivuko mu mujyi wa Sirte aho yari yahungiye imirwano ikaze yari imaze amezi ibera muri Benghazi no mu murwa mukuru wa Libya, Tripoli.
Gusa kugeza ubu hari ibikiri urujijo ku rupfu rwe ndetse n’ishyingurwa rye nk’uko byemezwa na Hasni Abidi uyoboye ikigo gikora ubushakashatsi mu bihugu by’Abarabu mu kiganiro yagiranye na Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransam RFI.
Abidi wakoze ubushakashatsi ku rupfu rw’uyu munyapolitiki, avuga ko abayobozi ba Libya bavuga ko Col. Gaddafi yishwe n’isasu yarasiwe mu mutwe mu mirwano y’abari bamushyigikiye n’abamurwanyaga.
Ni mu gihe ku rundi ruhande, amashusho yafashwe n’umutwe w’abitwaje intwaro bamurwanyaga wa CNT hamwe n’umuryango HRW uharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu ugaragaza Col. Gaddafi yafashwe ari muzima, ariko avirirana amaraso ku gahanga.
Abidi avuga ko aya maraso Col. Gaddafi yaviriranaga ku gahanga yaba yaratewe n’igikomere yatewe na gerenade yatewe nabi n’umwe mu bari abarinzi be ubwo bari bahanganye n’abarwanyi ba CNT. Iyi ngo yaba ari impamvu y’urupfu rwe.
Hari kandi andi mashusho agaragaza Col. Gaddafi yafashwe n’abamurwanya, bamukorera iyicarubozo. Inkuru abenshi bafata nk’ukuri ivuga ko byabaye ubwo yari afatiwe munsi y’iteme yari yihishemo muri Sirte, ngo akaba yariciwe ku muhanda hafi aho arashwe n’umwe muri aba barwanyi.
Uyu mushakashatsi avuga ko uyu munyapolitiki yajyanwe n’Imbangukiragutabara aho bikekwa ko ari mu mujyi wa Misrata, bisa n’aho nta buzima agifite.
Ngo nyuma y’iminsi ine bitangajwe ko Col. Gaddafi yapfuye, yashyiguwe ahantu hatavuzwe. Ati: “N’uyu munsi, umuryango we urasaba kumenyeshwa aho ibisigazwa bye biherereye.”
Abidi avuga ko hari ubushakashatsi bwakoze na Leta ya Libya ariko busa n’aho nta kuri bwagaragaje. Arasaba ko hakorwa ubundi bushakashatsi bukuraho uru rujijo.


